Abahagarariye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’ihuriro AFC/M23 bemeranyije gushyiraho uburyo bwihariye bwo gukurikirana intambwe imaze guterwa no gukemura imbogamizi zijyanye n’ishyirwa mu bikorwa ry’inshingano n’imyanzuro bikubiye mu Masezerano ya Doha.
Ibi byatangajwe n’Itangazo ry’ishami rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika rishinzwe ububanyi n’amahanga, ryasohotse ku wa Gatandatu tariki ya 22 Kanama 2026.
Intambwe imaze guterwa
Mu byagaragajwe nk’intambwe imaze guterwa harimo gushyirwaho ubunyamabanga bw’Mekanisme ihuriweho yo kugenzura no kugenzura ku buryo bwagutse (EJVM+).
Ku wa 20 Kanama, hakozwe kandi ubutumwa bwo kumenya no gusuzuma aho ibintu bihagaze (Mission de reconnaissance) bwakozwe na EJVM+, bwafashijwe mu bijyanye n’ibikoresho n’ubwikorezi na MONUSCO.
Iyi ntambwe yabaye mu rwego rwo gutegura ubutumwa bwa mbere bwo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge, buteganyijwe ku wa 24 Kanama 2026 i Minembwe.
Impande zombi kandi zemeranyijwe ku kamaro ko kugira uburyo bumwe kandi busobanutse bwo gutanga amakuru ku ihohoterwa cyangwa kurenga ku masezerano y’agahenge.
Hateguwe n’umuhanda w’ibiganiro
RDC na AFC/M23 kandi bakoze gahunda y’ibikorwa (feuille de route) igaragaza ibyiciro ndetse n’ingengabihe y’ibiganiro bizakorwa mu rwego rw’Amasezerano ya Doha.
Impande zombi zongeye gushimangira ko zizakomeza ibiganiro bigamije kugera ku mahoro arambye kandi yuzuye.
Zasobanuye kandi ko uko protocole z’amasezerano zizaganirwaho bitavuze ko ari ko zizashyirwa mu bikorwa.
Ni ukuvuga ko gahunda y’ibiganiro itagomba gufatwa nk’urutonde rugena igihe buri ngingo izashyirwa mu bikorwa.
Abahagarariye Guverinoma ya RDC na AFC/M23 bashimiye Qatar, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Togo, u Busuwisi ndetse na Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), kubera uruhare rwabo mu gushyigikira ibikorwa bigamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa RDC no mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Massad Boulos, Umujyanama mukuru wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Afurika n’Uburasirazuba bwo Hagati, yavuze ko yishimiye kubona indi ntambwe iterwa mu biganiro byabereye mu Busuwisi bigamije guteza imbere Urwego rwa Doha (Doha Framework) ruganisha ku masezerano y’amahoro yuzuye hagati ya Guverinoma ya RDC na AFC/M23.
Boulos yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika izakomeza gushyigikira ibikorwa bigamije guteza imbere amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa RDC no mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Rwandatribune.rw