Thursday, 20 Aug 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Abadepite 54 bo muri Amerika basabye Trump kurushaho gusobanura amasezerano ya RDC ku mabuye y’agaciro
Fizi: Igitero Cya Drones Cyibasiye Hotel Mwalu, Abantu 2 Barakomereka
Rulindo:Litiro 26,000 z’Urwagwa rw’Akarusho Zamenwe Nyuma y’Ubugenzuzi
RDC: Guverinoma Yashyizeho Amasomo Akoreshwa n’Ikoranabuhanga mu Duce 18 Turi mu Byago bya Ebola
Burundi: Ubucuruzi Butemewe Bw’Intwaro, Urwitwazo Rushya Rwo Rukurikirana Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi?
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > POLITIKE > Impinduka Nshya Mu Burezi: TTC Zigiye Kwigwamo Imyaka Itanu, Amafaranga y’Ishuri Yiyongere, Gukaza Amategeko Ku Myitwarire
POLITIKEAMAKURU

Impinduka Nshya Mu Burezi: TTC Zigiye Kwigwamo Imyaka Itanu, Amafaranga y’Ishuri Yiyongere, Gukaza Amategeko Ku Myitwarire

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: August 1, 2026 5:58 pm
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yatangaje impinduka zitandukanye zizatangira gushyirwa mu bikorwa mu mwaka w’amashuri wa 2026-2027, zirimo ivugururwa ry’amasomo yigishwa mu mashuri nderabarezi (TTC), kongera ubushobozi bw’abarimu bigisha mu mashuri abanza, kongera amafaranga agenerwa ibigo by’amashuri ndetse n’ivugururwa ry’imisanzu itangwa n’ababyeyi.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, aho yasobanuye ko izo mpinduka zigamije kuzamura ireme ry’uburezi no gukomeza guteza imbere umwuga w’ubwarimu mu Rwanda.

TTC zigiye kwigwamo imyaka itanu
Minisitiri Nsengimana yatangaje ko guhera mu mwaka w’amashuri wa 2026-2027, abanyeshuri bazinjira mu mashuri nderabarezi (TTC) bazajya bayigamo imyaka itanu aho kuba imyaka itatu nk’uko byari bisanzwe.

Yasobanuye ko iyo myaka izaba igizwe n’imyaka itatu y’amashuri yisumbuye n’indi myaka ibiri yo ku rwego rwa kaminuza, ku buryo umunyeshuri urangije ayo masomo azajya asohoka afite impamyabumenyi ya A1.

Minisitiri yavuze ko iri vugurura rigamije gutuma abarimu barangiza bafite ubumenyi n’ubushobozi buhagije bwo kwigisha neza no kuzamura ireme ry’uburezi mu gihugu.

Abarimu bafite A1 bazajya bigisha mu mashuri abanza
Mu rwego rwo kurushaho kuzamura uburezi bw’ibanze, Minisitiri w’Uburezi yatangaje ko gahunda nshya iteganya ko amashuri abanza azajya yigishwamo n’abarimu bafite nibura impamyabushobozi ya A1.

Gusa yavuze ko iri vugurura ritazahita rikorwa rimwe, ahubwo rizashyirwa mu bikorwa mu gihe cy’imyaka 10.

Mu myaka itanu ya mbere hazibandwa ku kongera umubare w’abarimu bafite A1, hanyuma mu yindi myaka itanu gahunda ikomeze kugeza amashuri abanza ageze ku rwego rwifuzwa.

Yashimangiye ko abarimu basanzwe bafite impamyabumenyi ya A2 batazasezererwa ku kazi, ahubwo bazakomeza kwigisha ndetse Leta ikabafasha kuzamura ubumenyi n’impamyabushobozi kugira ngo bagere ku rwego rumwe n’urw’abandi.

Amafaranga agenerwa ibigo by’amashuri yiyongereyeho 65%
Minisitiri Nsengimana yatangaje kandi ko Leta yafashe icyemezo cyo kongera amafaranga agenerwa ibigo by’amashuri, azwi nka Capitation Grant, hagamijwe gufasha ibigo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku isoko.

Yavuze ko amafaranga yari asanzwe ahabwa ibigo by’amashuri azongerwaho 65%, bikazafasha mu gutanga serivisi nziza no gukemura ibibazo bimwe na bimwe byaterwaga n’ubuke bw’ingengo y’imari.

Imisanzu y’ababyeyi igiye kuvugururwa
Mu zindi mpinduka zatangajwe harimo no kongera umusanzu utangwa n’ababyeyi ku bana biga mu mashuri atandukanye.

Nk’uko Minisitiri yabisobanuye, abana biga mu mashuri y’inshuke (Pre-primary) ndetse n’abiga mu mashuri abanza (Primary School) bazajya bishyura amafaranga ibihumbi bibiri (2,000 Frw) buri gihembwe.

Abanyeshuri biga bataha mu rugo buri munsi (Day Secondary Schools) bo bazajya bishyura amafaranga ibihumbi 24 (24,000 Frw) buri gihembwe.

Ku banyeshuri biga bacumbikiwe ku mashuri (Boarding Schools), umusanzu uzaba ari amafaranga ibihumbi 110 (110,000 Frw) buri gihembwe.
Minisitiri yavuze ko ayo mafaranga mashya azatangira gutangwa muri Mutarama 2027.

Amategeko akakaye ku biyobyabwenge
Mu rwego rwo gukomeza kwimakaza imyitwarire myiza mu mashuri, Minisitiri w’Uburezi yatangaje ko umuntu wese uzafatwa akoresha, atunda cyangwa afite ibiyobyabwenge mu kigo cy’ishuri azajya afatirwa ibihano bikomeye.

Yavuze ko yaba umunyeshuri, umwarimu cyangwa undi mukozi ukorera ikigo cy’ishuri, uzafatwa n’ibiyobyabwenge azahita yirukanwa burundu.

Yashimangiye ko guhangana n’ibiyobyabwenge ari imwe mu ntego za Leta zo kurinda urubyiruko no kubaka amashuri arangwa n’indangagaciro nziza.

Uzakubita mwarimu azajya yirukanwa burundu
Minisitiri Nsengimana yanatangaje ko hashyizweho ingamba zikomeye zo kurengera abarimu no kubungabunga icyubahiro cy’umwuga wabo.

Yavuze ko umunyeshuri uzongera kugaragarwaho gukubita cyangwa guhohotera mwarimu azajya ahita yirukanwa burundu mu ishuri.

Yasobanuye ko iyo ngamba igamije gukumira ibikorwa by’urugomo byagiye bigaragara rimwe na rimwe mu mashuri no gushimangira umuco wo kubahana hagati y’abarimu n’abanyeshuri.

Impinduka zigamije kuzamura ireme ry’uburezi
Muri rusange, impinduka zatangajwe na Minisitiri w’Uburezi zigaragaza icyerekezo cyo kongera ubushobozi bw’abarimu, kuzamura ireme ry’uburezi, gukomeza gufasha ibigo by’amashuri gukora neza no gukaza imyitwarire n’imicungire y’abanyeshuri.

Ababyeyi, abarimu, abanyeshuri ndetse n’abayobozi b’ibigo by’amashuri basabwe kwitegura izo mpinduka no gukomeza gukorana n’inzego z’uburezi kugira ngo ishyirwa mu bikorwa ryazo rigende neza mu mwaka w’amashuri wa 2026-2027.

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article FPR Inkotanyi Yifatanyije na PL Mu Kababaro Ko Kubura Donatille Mukabalisa
Next Article Iminsi 2510 irasize uwari umugaba mukuru wa FDLR/FOCA Lt.Gen Mudacumura Sylvestre yishwe
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAUMUTEKANO

U Burusiya Bwakajije Ibitero muri Ukraine Bwibasira Sitasiyo za Lisansi

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURU

Rwanda FDA Yahagaritse Inganda 8 Zikora Inzoga, Itegeka Ko Ibicuruzwa Byazo Bikurwa Ku Isoko

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGA

Zelensky Ashimangira Umubano na Trump, Anabona Insinzi Muri Sena ya Amerika

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURU

U Rwanda na AFC/M23 Bongeye Gufungura Umupaka wa Goma–Rubavu Nyuma y’Iminsi Myinshi Ufunzwe

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?