Sunday, 26 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Loni Muri Sudani y’Epfo Yasuye Abasirikare b’u Rwanda Bari mu Butumwa bw’Amahoro
Trump Ashinja EU Kwibasira Ibigo by’Abanyamerika, Ateguza Iperereza n’Imisoro Mishya
Bugesera Ibonye “Imbuto Hub” Izajya Itanga Serivisi ku Buntu ku Bana n’Urubyiruko
Moldova: Minisitiri Mushya Yeguye Ataramara Icyumweru
Perezida Paul Kagame Yayoboye Inama y’Abaminisitiri Yafashe Ibyemezo Bikomeye ku Iterambere
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > POLITIKE > Uganda: Gen Moses Ali Wari Umaze Imyaka Irenga 50 Muri Politiki Yapfuye
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGA

Uganda: Gen Moses Ali Wari Umaze Imyaka Irenga 50 Muri Politiki Yapfuye

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: July 18, 2026 8:58 pm
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Gen Moses Ali, umwe mu banyapolitiki n’abasirikare b’inararibonye muri Uganda, yitabye Imana ku wa Gatandatu tariki ya 18 Nyakanga 2026 afite imyaka 87. Yaguye mu bitaro bya Nakasero i Kampala aho yari amaze iminsi avurirwa.

Amakuru y’urupfu rwe yemejwe na Capt. Mike Mukula, Visi Perezida w’Ishyaka NRM mu Burasirazuba bwa Uganda, wavuze ko igihugu kibuze umwe mu bayobozi bacyo b’inararibonye bagize uruhare rukomeye mu mateka ya politiki n’umutekano wacyo.

Gen Moses Ali yari umwe mu banyapolitiki bamaze igihe kirekire bakorera Uganda. Mu buzima bwe bwa politiki yamaze imyaka irenga 50 ari mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi.

Yabaye Visi Minisitiri w’Intebe wa Gatatu hagati ya 1989 na 1991, nyuma aza kuba Visi Minisitiri w’Intebe wa Mbere kuva mu 2016 kugeza mu 2021, mbere yo kuba Visi Minisitiri w’Intebe wa Kabiri kuva mu 2021 kugeza mu mpera za 2025. N’ubwo atongeye gushyirwa muri Guverinoma nshya, yakomeje kuba Umudepite uhagarariye Adjumani West mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda.
Yavutse ku wa 5 Mata 1939 mu karere ka Adjumani, mu Majyaruguru ya Uganda.

Yize amategeko muri Kaminuza ya Makerere, akomereza muri Law Development Centre, aho yahawe impamyabumenyi imwemerera gukora umwuga w’ubunyamategeko.

Mu buzima bwe, Gen Moses Ali yagiye agaragara nk’umwe mu basirikare n’abanyapolitiki bagize uruhare rukomeye mu bihe bikomeye Uganda yanyuzemo kuva mu myaka ya za 1970.

Yabaye hafi ubutegetsi mu bihe bitandukanye, anahabwa inshingano zikomeye zirimo kuyobora Minisiteri ishinzwe ibiza n’impunzi.

Mu 1990 yigeze gufungwa akurikiranyweho ibyaha birimo ubugambanyi n’itunga ry’intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ariko nyuma yaje kugirwa umwere n’Urukiko Rukuru mu 1992.

Nyuma y’ibyo yagarutse muri politiki, atsindira kwinjira mu Nteko yateguye Itegeko Nshinga, akomeza urugendo rwamugejeje ku zindi nshingano zikomeye muri Guverinoma.
Gen Moses Ali yanabaye Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Uganda (FUFA), agaragaza uruhare rwe no mu iterambere rya siporo.

Urupfu rwe rusize icyuho gikomeye muri politiki ya Uganda, aho yari afatwa nk’umwe mu banyapolitiki bafite uburambe budasanzwe ndetse wagize uruhare mu byemezo byinshi byagize uruhare mu mateka y’igihugu.

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article AFC/M23 Yatangije Igikorwa Cyo Gutera Ibiti i Goma, Col. Naanga aracyitabira
Next Article “Bipfa Kuba Ari Umutekano w’U Rwanda Nzavuga” Perezida Kagame
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

James Swan Yaburiye Loni: Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Uragenda Urushaho Kuzamba

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGAUMUTEKANO

RDC:Abaturage Biyambaje ICC Bashinja Ubutegetsi Ibyaha Bikomeye

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUUMUTEKANO

Muhanga:Umuyobozi w’Ishuri Yazize Igitero cy’Abagizi ba Nabi

By
ICYITEGETSE Florentine

Somaliland Opens Embassy in Jerusalem, Deepening Ties With Israel

By
Mwizerwa Ally
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?