Urukiko rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwategetse ubutegetsi bwa Donald Trump gusubiza mu kazi abakozi barenga igihumbi b’ijwi rya Amerika, ruvuga ko gufunga ikigo cya US Agency for Global Media byakozwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ibi bije nyuma yihagarikwa ry’iyi radio umwaka ukaba ushize, iri hagarikwa rwayo rikaba ryaratumye abakozi babarirwa mu magana bahagarikirwa akazi.
Ku Cyumweru gishize, Umucamanza w’urukiko rwo muri Amerika, Royce C. Lamberth, yategetse ikigo cy’Amerika gishinzwe itangazamakuru kongera gushyira radio Ijwi ry’Amerika ku murongo.
Kari Lake, ubu usigaye ariwe muyobozi w’ikigo cy”Itangazamakuru muri USA yakoranye n’abakozi bakorera ikigo cya skeleton kuva mu guhagarika iyi radio, aho Perezida Donald Trump yatangaga itegeko ryo kuyihagarika.
Lamberth yavuze ko Kari Lake, wahiswemo na Trump kuyobora iki kigo, ko atarafite uburenganzira bumwemerera guhagarika ibikorwa by’Ijwi rya Amerika.
Mu cyemezo cyafashwe kuri uyu wa kabiri, Lamberth yemeje ko byamusabye imbaraga kugira ngo Trump yisubireho ku cyemezo yafashe cyashyize mu bushomeri abagera ku 1,042 mu bakozi ba VOA 1,147.
Lamberth yavuzeko ko: “Abaregwa nta kintu na kimwe batangaje ku kijyanye n’icyemezo cyafashwe cyo kwongera gusubiza Ijwi ry’Amerika ku murongo .” Nta n’ibisobanuro byatanzwe kuri icyi cyemezo ku ruhande rw’ikigo kigenzura Ijwi rya Amerika.
Lake yari yamaganye icyemezo cya Lamberth cyo ku ya 7 Werurwe, avuga ko kizajuririrwa. Kuva icyo gihe, Trump yashyizeho Sarah Rogers, umunyamabanga wungirije wa Leta muri diplomasi rusange, kuyobora USAGM. Icyi cyemezo kikaba gitegerejwe ko cyigomba kwemezwa na Sena.
Muyobozi Jérôme
rwandatribune.rw