Mu Karere ka Gakenke, haravugwa inkuru y’umunyeshuri w’imyaka 18 witwa Niyikiza Jean Aimé, wigaga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye (S3) muri GS Cyanika, ukekwaho gukomeretsa umwarimu nyuma yo kumujomba ikaramu.
Nk’uko byatangajwe na BTN TV, ibi byabaye ku wa 23 Kamena 2026 mu Mudugudu wa Gaseke, Akagari ka Nyange, Umurenge wa Coko. Byabereye mu cyumba cy’ibizamini aho umwarimu Gakoza Emmanuel yari ari kugenzura uko abanyeshuri bakora ikizamini.
Amakuru avuga ko ikibazo cyatangiye nyuma y’uko umwarimu asabye abanyeshuri kwicara ari batatu kuri buri ntebe kugira ngo hasigare indi ntebe yakwicaraho.
Umwe mu banyeshuri ntiyabyumvise kimwe n’umwarimu, avuga ko bitari ngombwa ko bakora ikizamini bicaye ari batatu kandi hari indi ntebe ihari.
Ibi byateje kutumvikana hagati y’impande zombi, bituma umwarimu afata icyemezo cyo gusohora uwo munyeshuri mu cyumba cy’ibizamini.
Mu gihe yari amaze kugera ku muryango asohoka, bivugwa ko yahindukiye agatera umwarimu ikaramu ku itama, bikamuviramo igikomere.
Nyuma y’iyo mpanuka, umwarimu yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Nyange kugira ngo ahabwe ubuvuzi bwihuse.
Amakuru kandi avuga ko ubuyobozi bw’ishuri bwafashe icyemezo cyo kureka uwo munyeshuri agakomeza gukora ikizamini cya Leta, mu gihe iperereza ku byabaye rikomeje gukorwa n’inzego zibishinzwe zirimo ubugenzacyaha.
Iki kibazo cyakomeje kuvugisha benshi, cyane cyane ku myitwarire ikwiye kuranga abanyeshuri n’abarimu mu gihe cy’ibizamini bya Leta.