Kuri icyi cyumweru, taliki ya 22/3/2026 muri Gurupoma ya Ikobo, Teritwara ya Walikale mu gace ka Kanune habereye imirwano ikomeye hagati y’inyeshyamba za AFC/M23 na FDRL iri hamwe na Wazalendo.
Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, ngo iyi mirwano yatangiye mu gitondo cya kare, ahagana mu ma saa kumi n’imwe za mu gitondo, ubwo Wazalendo na FDRL bagabaga igitero ku birindiro by’inyeshyamba biri muri ako gace.
Kuva muri icyo gitondo, urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje rwumvikanye muri ako gace, bituma abaturage bagira ubwoba bwinshi bifungirana mu mazu yabo.
Gurupoma ya Ikobo ubu ikaba imaze umwaka wose igenzurwa na AFC/M23 nyuma yo kuhirukana ingabo za FARDC ifatanije n’Abambari bayo nka FDRL, Wazalendo, Ingabo z’u Burundi bose bari bahatuye.
Kuva icyo gihe, muri teritwari ya Walikale umutekano wahise uzamba kubera ibitero bya hato na hato kubwo gushaka kwigarurira utundi duce dushya ku ruhande rw’inyeshyamba n’aho ku ruhande rw’ingabo za Kongo FARDC n’ihuriro riyifasha bashaka kwisubiza ibice bakuwemo.
Mu byumweru bishize, Abatuye mu gace ka Kisimba batangaje ko hakomeje kwigwizaho imbaraga hiyongera umubare munini w’inyeshyamba za AFC/M23 no gushinga ibindi birindiro bishya mu duce dutandukanye, cyane cyane mu gace ka Kisimba.
Uku kwongera imbaraga ku birindiro bya AFC/M23 no gushinga ibindi birindiro bishya cyane cyane muri Kisimba byatumye FARDC n’Abambari bayo bakeka ko ibirindiro by’izo nyeshyamba biri mu burengerazuba bwa Buleusa, aha akaba ariwo mujyi munini wa Gurupoma ya Ikobo ko hasigariye aho hakaba ariho hasigaye icyuho cyo kumeneramo bisubiza ibice bahoze bagenzura.
Muyobozi Jérôme
rwandatribune.rw