Rwiyemezamirimo w’ikirangirire mu rwego rw’ikoranabuhanga, Elon Musk, yongeye kuvugwa cyane nyuma yo gutakaza umwanya yari amaze igihe gito agezeho wo kuba umuntu wa mbere ku isi utunze tiliyari imwe y’amadolari ya Amerika.
Imibare ya Bloomberg yagaragaje ko ku wa Kabiri umutungo wa Musk wagabanutse ukagera kuri miliyari 957 z’amadolari, uvuye kuri tiliyari 1.11 y’amadolari yari afite mu minsi itarenze 14 ishize. Ibi bivuze ko yatakaje amafaranga menshi mu gihe gito cyane.
Iryo gabanuka ryatewe ahanini no kugwa kw’agaciro k’imigabane ya kompanyi ze zirimo Tesla na SpaceX.
Byongeye kandi, isoko ry’imari mu rwego rw’ikoranabuhanga ryahuye n’ihungabana ryatewe n’impungenge z’abashoramari ku nyungu z’igihe kirekire zituruka ku ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI).
Nubwo umutungo we wagabanutse ku rugero rugaragara, Musk akomeje kuba umuntu wa mbere ukize kurusha abandi ku isi, aho agifite intera nini hagati ye n’abamukurikiye ku rutonde rw’abaherwe.
Ku wa 12 Kamena 2026, Musk yari yanditse amateka yo kuba umuntu wa mbere ugeze ku mutungo wa tiliyari imwe y’amadolari, nyuma y’izamuka rikomeye ry’agaciro k’imigabane ya SpaceX ryari ryatumye umutungo we uzamuka ku rwego rutari rwigeze rugerwaho mbere.
rwandatribune.rw