Friday, 3 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
U Rwanda na AFC/M23 Bongeye Gufungura Umupaka wa Goma–Rubavu Nyuma y’Iminsi Myinshi Ufunzwe
James Swan Yaburiye Loni: Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Uragenda Urushaho Kuzamba
Vatican: Some Priests Excommunicated Over Rebellion Against the Pope
Vatican: Bamwe Mu Bapadiri Birukanwe Kubera Kwigomeka Kuri Papa
Drones Zigiye Guca Akajagari Ko Gutwika Imyanda Mu Rwanda
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > AMAKURU > Abana 4 Gusa ni Bo Bemejwe Nka Bene Paul Kafeero Nyuma y’Ibizamini Bya ADN
AMAKURUMU MAHANGA

Abana 4 Gusa ni Bo Bemejwe Nka Bene Paul Kafeero Nyuma y’Ibizamini Bya ADN

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: June 25, 2026 5:31 pm
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Urunturuntu rwari rumaze imyaka hafi 20 ku murage n’abana ba nyakwigendera Paul Job Kafeero, umwe mu bahanzi b’ibyamamare muri muzika ya Kadongo Kamu muri Uganda, rwashyizweho akadomo nyuma y’uko ibisubizo by’ibizamini bya ADN bitangajwe ku mugaragaro ku wa 25 Kamena 2026.

Ibi bizamini byakozwe nyuma y’uko abantu 25 bavuga ko ari abana ba Kafeero basabye ko hamenyekana ukuri ku isano bafitanye na we. Kugira ngo haboneke ibimenyetso byizewe, hasohowe icyemezo cy’urukiko cyemera ko umurambo wa Kafeero ucukurwa hafatwaho ibipimo bya ADN byo kugereranywa n’iby’ababuranaga.

Igikorwa cyo gufata ibyo bipimo cyayobowe n’inzobere za forensike za Polisi ya Uganda hamwe na Government Analytical Laboratory.
Nyuma yo gusesengura ibimenyetso byose, ibisubizo byatangajwe ku cyicaro gikuru cya Polisi i Naguru muri Kampala.

Mu bantu 25 biyitaga abana ba Paul Kafeero, bane gusa ni bo bemejwe ko bafitanye isano y’amaraso na we. Abo ni:

Simon Peter Kafeero

Elizabeth Nagawa

Thomas Swazi Kafeero

Benedict Kafeero

Abandi 21 bose basanze nta sano y’amaraso bafitanye n’uyu muhanzi.

Andrew Mubiru, Umuyobozi wa Forensic Services muri Polisi ya Uganda, yavuze ko ibisubizo bya siyansi bidashidikanywaho kandi ko bizafasha gukemura amakimbirane yari amaze imyaka myinshi ku murage wa Kafeero.

Paul Kafeero yapfuye mu 2007 afite imyaka 36 azize uburwayi bw’impyiko. Nyuma y’urupfu rwe yasize umutungo n’ibihangano byinshi bya muzika, ariko kubera ko atasize inyandiko igaragaza uko umurage ugomba kugabanywa, havutse amakimbirane hagati y’abavugaga ko ari abana be n’abandi bo mu muryango.

Ibi bisubizo bya ADN byitezweho kurangiza burundu impaka zari zimaze imyaka myinshi no gutanga umurongo ku bagomba guhabwa uburenganzira ku murage n’izina bya Paul Kafeero.

rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Iminsi 14 Gusa Yari Ihagije ngo Umuherwe Musk Ave ku Ntebe ya Tiliyari
Next Article PAC Yihanangirije RTDA ku Isanwa Ry’Umuhanda Musanze-Rubavu
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Tshisekedi Yatangije RDC-Pass: Ese Umwirondoro wa Digitale Uzahindura Imikorere ya Leta muri RDC?

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGA

Uganda: Following Pressure from the U.S. Senate, Gen Muhoozi Opens Talks with Nation Media Group

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Kinshasa:Tshisekedi Yakiriye Ndayishimiye mu Biganiro by’Umutekano

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURU

Shaddy Boo Yareze Yugi Umukaraza Amushinja Kumusambanya ku Gahato

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?