U Rwanda Rwamaganye Ibinyoma by’Uko Rwashatse Kugirira Nabi Umugore wa Perezida Tshisekedi

Florentine Icyitegetse
2 Min Read

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaganye amakuru yatangajwe ku mbuga n’itangazamakuru amwe avuga ko inzego z’umutekano z’u Rwanda zagize umugambi wo kugirira nabi Denise Nyakeru Tshisekedi, wari uri muri hoteli iherereye i Washington, D.C.

Ibi byatangajwe binyuze mu itangazo ryasohowe na Ambasade y’u Rwanda muri Leta zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa 25 Werurwe 2026, rivuga ko ibyavuzwe ari ibinyoma bidafite ishingiro kandi bigamije kuyobya abantu.

Uko ibyabaye byasobanuwe na Ambasade
Ambasade ivuga ko umwe mu bashinzwe umutekano w’u Rwanda, wari udafite intwaro, yahuye n’itsinda ry’abashinzwe umutekano ba Democratic Republic of the Congo mu gice cyakira abashyitsi muri hoteli imwe, aho impande zombi zari zacumbitse.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko uwo mukozi w’u Rwanda yangiwe gukoresha lifuti (ascenseur) n’abashinzwe umutekano ba RDC, ibintu Ambasade ifata nk’imyitwarire itari ikwiye, kuko aho hantu hari hafunguye ku bashyitsi bose.

Itangazo rigira riti:
“Ni imyitwarire idahwitse yabereye ahantu buri wese afite uburenganzira bwo kugera. Ariko ikibazo cyahise gikemuka nta makimbirane akomeye yavutse”.

U Rwanda rwahise ruhindura hoteli
Nyuma y’ibi byabaye, uruhande rw’u Rwanda rwatangaje ko rwahise rufata icyemezo cyo guhindura hoteli, mu rwego rwo kwirinda ibindi bibazo byashoboraga kuvuka.

Ambasade kandi ivuga ko hari Abanyarwanda bafashwe amashusho n’abantu batazwi ubwo bavaga muri iyo hoteli, ibintu bavuga ko bidakwiye.

Ibyatangajwe n’u Rwanda ku binyoma byakwirakwijwe
U Rwanda ruvuga ko ibyavuzwe ku mbuga zitandukanye n’abamwe mu bavuga ko bashyigikiye RDC ari ibinyoma bigamije guharabika isura y’igihugu.

Itangazo rikomeza rigira riti:
“Ibi binyoma biteye isoni bikwiye kwamaganwa kuko nta shingiro bifite”.

Icyatangajwe n’ubuyobozi bwa Ambasade
Umuyobozi wungirije wa Embassy of Rwanda in the United States, Arthur Asiimwe, na we yavuze ko ibivugwa ari ibitekerezo bidafite ishingiro, ashimangira ko imyitwarire nk’iyo ivugwa idashoboka.
Yagize ati:
“Ni nde wajya gukora igikorwa nk’icyo afite imodoka ya ambasade? Ni ibitekerezo bidafite ishingiro”.

Ubutumwa rusange
Ambasade y’u Rwanda isaba ko amakuru nk’aya akwiye kugenzurwa neza mbere yo kuyatangaza, ivuga ko gukwirakwiza ibinyoma bishobora guteza umwuka mubi hagati y’impande bireba.

 

rwandatribune.rw

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *