Friday, 17 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
RDC: FARDC n’AFC/M23 Batangije Urwego Ruhuriweho Rugenzura Iyubahirizwa ry’Agahenge
RDC:Imirwano Muri Kivu y’Amajyepfo Yadindije Ubucuruzi Hagati y’u Burundi na RDC
Kigali Yinjiye Mu Ihuriro ry’Imijyi Ikomeye Yakira Inama ku Isi
Raporo: Trump Yaba Atangiye Guhindura Uko Abona Netanyahu?
Iran: Haravugwa Igitero cy’Abakurude Bashyigikiwe na Amerika, Imirwano Yongeye Gukaza Umurego ku Butaka bwa Iran
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > AMAKURU > Knowless Yafashije Rachel Kongera Kugira Icyizera Cy’Ubuzima
AMAKURUIMYIDAGADURO

Knowless Yafashije Rachel Kongera Kugira Icyizera Cy’Ubuzima

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: June 26, 2026 3:58 pm
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Umuhanzikazi Butera Knowless ari mu byishimo nyuma yo kubona umwe mu bagore yafashije yongeye guhaguruka mu buzima, arangiza amasomo y’ubudozi ndetse ahabwa impamyabushobozi imwemerera kwinjira ku isoko ry’umurimo.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Knowless yavuze ko yishimiye urugendo rw’uyu mugore witwa Rachel, wanyuze mu bihe bikomeye birimo ihohoterwa ryamuviriyemo no gusama inda atabiteganyaga, ibintu byatumye atakaza icyizere cy’ubuzima.

Yagize ati: “Mu ntangiriro za 2025 ni bwo Nyagasani yaduhuje na Rachel. Yari ameze nabi cyane, yumva nta cyizere cy’ubuzima agifite.
Ihohoterwa yakorewe ryari ryaramusigiye ibikomere bikomeye”.

Knowless yavuze ko igihe bahuraga Rachel yari ageze aho atekereza kwiyambura ubuzima. Gusa, binyuze mu biganiro, kumutega amatwi no kumuba hafi, yaje kongera kwizera ko ashobora kubaho no kugera ku nzozi ze.

Rachel yavuze ko kuva akiri muto yarotaga kuzaba umudozi, kuko yakundaga imyenda n’ubudozi. Nyuma yo guhabwa amahirwe yo kwiga muri Gasore Foundation, yamaze umwaka yiga ubudozi, arangiza amasomo ye anahabwa impamyabushobozi.

Uyu mugore abarizwa mu bafashwa na Butera Care Foundation, umuryango washinzwe na Butera Knowless mu 2025 ugamije gufasha abangavu batewe inda bakiri bato n’ababyeyi barera abana bonyine. Kugeza ubu, uyu muryango umaze gufasha abantu bagera kuri 50.

Mu kiganiro Knowless yagiranye na IGIHE, yavuze ko intambwe ikurikiraho ari ugufasha Rachel kubona akazi cyangwa ubushobozi bwo gutangira umwuga we, kugira ngo abashe kwibeshaho no kubaka ejo hazaza he mu bwigenge.

rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Imbuto Foundation Yasabye Urubyiruko Guhagurukira Kurwanya Inda Ziterwa Abangavu.
Next Article Uruhinja Rwitabiriye Inama y’Abaminisitiri ba EU, Bitangaza Benshi
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGA

Hormuz Yongeye Guteza Impagarara, Peteroli Ihita Izamuka

By
ICYITEGETSE Florentine
UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Raporo: Trump Yaba Atangiye Guhindura Uko Abona Netanyahu?

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURU

Imbuto Foundation Yasabye Urubyiruko Guhagurukira Kurwanya Inda Ziterwa Abangavu.

By
ICYITEGETSE Florentine
MU MAHANGAAMAKURU

Amasezerano ya RDC na Erik Prince Akomeje Guteza Impaka: Ese azatanga umusaruro?

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?