Maj. Gen (Rtd) Joseph Nzabamwita yashyikirije Perezida wa Belarus, Aleksandr Lukashenko, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu nka Ambasaderi utahafite icyicaro.
Uyu muhango wabereye mu Murwa Mukuru wa Belarus, Minsk, ku wa 28 Nyakanga 2026, ukaba warabaye ikimenyetso cy’ukwiyemeza gukomeza guteza imbere umubano hagati y’u Rwanda na Belarus no kongerera imbaraga ubufatanye bw’impande zombi.
Perezida Lukashenko yavuze ko igihugu cye cyiteguye kurushaho kwagura imikoranire n’u Rwanda, agaragaza ko ubufatanye mu bukungu ari bwo shingiro ry’umubano mwiza wa politiki hagati y’ibihugu byombi.
Yagarutse ku nzego zifite amahirwe menshi yo gutezwamo imbere ubufatanye, zirimo inganda, ubuhinzi, uburezi, ikoranabuhanga, umutekano ndetse n’igisirikare.
Yanavuze ko hakwiye gushyirwaho uburyo burambye bwo guteza imbere ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Belarus, harimo no gushinga komisiyo ihuriweho izajya ikurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano n’imikoranire hagati y’impande zombi.
Ambasaderi Nzabamwita yavuze ko azakoresha inshingano yahawe mu guteza imbere inyungu z’u Rwanda no gukomeza gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, cyane cyane mu nzego zifitiye abaturage akamaro mu iterambere n’imibereho myiza.
Rwandatribune.rw