Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, arasoza uruzinduko rwe mu Ntara ya Cabo Delgado kuri uyu wa Kane, mu gihe ibikorwa by’imitwe y’aba-jihadistes bikomeje gusiga abaturage mu kaga no mu guhunga.
Imibare itangwa n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Bimukira igaragaza ko kuva mu ntangiriro za Gicurasi, abarenga 26.000 bamaze kuva mu byabo kubera umutekano muke ukomeje kwiyongera muri ako gace kagarijwe n’ibitero.
Mu ruzinduko rwe rwa kabiri muri 2025 muri Cabo Delgado, nyuma y’urwo yari yagiriyeyo asura ingabo, Perezida Chapo yahuye n’abaturage bagaragaje agahinda ko kumva baratereranywe na Leta hagati mu bibazo by’umutekano muke bimaze imyaka myinshi.
Yabasezeranyije ko guverinoma ye izashyira imbere iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage b’ako karere.
Mu ijambo rye kandi, yasabye abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro “kumanika intwaro bagatangira ibiganiro by’amahoro.”
Icyakora, umushakashatsi wo muri Mozambique João Feijó we abona iki gitekerezo nk’icy’ubusa cya politiki, avuga ko bidashoboka ko abarwanyi bemera ibiganiro nk’uko byatanzwe.
Yagize ati bitekerezo byo kuganira na Shebab “ntibyumvikana” kuko bigoye kubona bemera kuva ku rugamba ngo bajye mu biganiro bisanzwe.
Agaragaza ko igisubizo nyacyo ari ugukemura ikibazo cy’isaranganya ry’umutungo ukomoka ku mishinga minini y’amabuye y’agaciro ikorera muri ako gace, irimo nka TotalEnergies, Mozambique LNG n’indi mishinga ya Montepuez, ashinja ko itanga inyungu nke ku baturage ahubwo igatera ubusumbane n’ukutizerana.
Avuga kandi ko iyo mikorere ishobora kuba intandaro yo gukomeza kwiyongera kw’amakimbirane, bikaba byafasha imitwe yitwaje intwaro gukomeza gushaka abayiyoboka, cyangwa bikazabyazwa umusaruro n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe na Leta barimo Venâncio Mondlane.
Mu bijyanye n’umutekano, bivugwa ko ubufatanye bw’ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique, zibarirwa mu bihumbi bisaga 4.000, bushobora kurangira mu gihe inkunga mpuzamahanga igenda igabanuka. Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi watangaje ko utazongera gutera inkunga ibikorwa by’izo ngabo, mu gihe Leta ya Mozambique yo ivuga ko izashaka uburyo bwo kwikemurira icyo kibazo, nubwo igihe bizafata kitaramenyekana.
Rwandatribune.rw