Friday, 21 Aug 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
RDC:Abasirikare 2 Ba FARDC Bakatiwe Kubera Ubwicanyi n’Ifata ku Ngufu
RDC: Azarias Ruberwa Ashinja Martin Fayulu Amagambo y’Ivangura ku Banyamulenge, Akavuga ko Adakwiriye Kuyobora Igihugu
Musenyeri Sinayobwe Yasabye Urubyiruko Kugira Inyota yo Kumenya Imana no Kwirinda Inzoga
Meteo Rwanda Iteganya Imvura Nyinshi Mu Muhindo wa 2026
RDC: OMS Yatanze Inkingo 70,000 mu Guhangana n’Icyorezo cya Ebola
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > POLITIKE > Uganda: Nyuma y’Igitutu cya Sena ya Amerika, Gen Muhoozi Yatangiye Ibiganiro na Nation Media Group
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGA

Uganda: Nyuma y’Igitutu cya Sena ya Amerika, Gen Muhoozi Yatangiye Ibiganiro na Nation Media Group

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: July 2, 2026 10:30 am
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangiye ibiganiro n’ubuyobozi bwa Nation Media Group (NMG), nyuma y’iminsi mike Komite ya Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishinzwe Ububanyi n’Amahanga isabye ko hasubirwamo ubufatanye mu bya gisirikare hagati ya Washington na Uganda kubera ifungwa ry’ibitangazamakuru by’iyi sosiyete.

Ku wa 28 Kamena 2026, inzego z’umutekano za Uganda zagose icyicaro gikuru cya Nation Media Group i Kampala, bituma ibikorwa by’ibitangazamakuru byayo birimo NTV Uganda, Spark TV na Daily Monitor bihagarikwa.

Ibi byabaye nyuma y’ubutumwa Gen Muhoozi yari yashyize ku rubuga X, aho yavuze ko Perezida Yoweri Museveni yemeye umugambi we wo gufunga NTV Uganda na Daily Monitor.
Yanavuze ko amakuru yose ashobora kwangiza isura ya Uganda yagombaga kubanza kwemezwa n’ibiro bye mbere yo gutangazwa, agaragaza ko adashyigikiye ubwisanzure busesuye bw’itangazamakuru.

Icyo cyemezo cyamaganywe n’imiryango iharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru ndetse gihita gikurura impaka ku rwego mpuzamahanga.

Ku wa 29 Kamena 2026, Senateri wa Amerika Jim Risch, uyobora Komite ya Sena ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, yasabye ubutegetsi bwa Amerika gusuzuma cyangwa guhagarika ubufatanye mu bya gisirikare na Uganda. Yavuze ko gufunga ibitangazamakuru bikomeye byigenga bigaragaza kutubahiriza uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo n’ubwisanzure bw’itangazamakuru.

Mu gihe igitutu mpuzamahanga cyari gikomeje kwiyongera, ikinyamakuru New Vision cyatangaje ko Gen Muhoozi yagiranye ibiganiro n’abayobozi ba Nation Media Group ku cyicaro cya Special Forces Command (SFC) giherereye i Entebbe.

Muri ibyo biganiro harimo nyiri Nation Media Group Rostam Aziz, umuhungu we Saam Aziz, umunyamakuru Andrew Mwenda, ndetse n’umuvugizi w’agateganyo w’Ingabo za Uganda (UPDF) Col. Chris Magezi.

Nubwo impande zombi zemeje ko ibiganiro byabaye, nta ruhande rwatangaje ibyo byaganiriweho cyangwa niba hari umwanzuro wafashwe wo kongera gufungura NTV Uganda, Spark TV na Daily Monitor.

Mbere y’ibi, Andrew Mwenda yari yatangaje ko yavuganye na Gen Muhoozi kandi ko yizeye ko ibyo bitangazamakuru bishobora kongera gukora nyuma y’ibiganiro hagati y’igisirikare cya Uganda n’ubuyobozi bwa Nation Media Group.

Kugeza ubu, NTV Uganda, Spark TV na Daily Monitor biracyafunzwe, mu gihe amaso y’abatari bake akomeje kureba niba ibiganiro biri hagati y’impande zombi bizatanga umusaruro, cyane cyane nyuma y’igitutu gikomeje guturuka muri Sena ya Amerika no mu miryango mpuzamahanga iharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru.

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Uganda: Following Pressure from the U.S. Senate, Gen Muhoozi Opens Talks with Nation Media Group
Next Article Mozambique: Perezida Chapo Yasabye Ibyihebe Bya Cabo Delgado Kwinjira Mu Biganiro By’Amahoro
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

AMAKURU

Nyamagabe: Visi Meya yatawe muri yombi akurikiranyweho guhishira ihohoterwa rishingiye ku gitsina

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURU

Gakenke: Umunyeshuri Akurikiranyweho Gukomeretsa Umwarimu Amujombye Ikaramu

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGA

Zelenskyy Yageze Muri Amerika Mu Gihe Ukraine n’u Burusiya Bikomeje Intambara y’Amadrone

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGA

Sénégal Yashyigikiye Kandidatire Ya Macky Sall Ku Buyobozi Bwa Loni

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?