Mu gihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hakomeje kugaragara imirwano n’ibiganiro by’amahoro icyarimwe, ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ritazava ku butaka bwa Congo rivuga ko rifite uburenganzira bwo kuhaguma nk’abandi baturage bose.
AFC/M23 ivuga ko abarigize ari Abanyekongo bafite amateka n’imizi mu gihugu cyabo, bityo ko nta muntu ukwiye kubabuza uburenganzira bwo kubaho no gutura ku butaka bavuga ko ari ubwabo.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, iri huriro ryagaragaje ko amateka ya RDC, kuva mu gihe cy’ubwami kugeza no mu gihe cya Repubulika y’ubu, agaragaza ko abaturage bakomeje kugira isano rikomeye n’igihugu cyabo n’ubwo hari ibihe by’amakimbirane ya politiki.
AFC/M23 ivuga ko ikibazo cya Congo kitagomba gukemurwa hifashishijwe guheza bamwe mu baturage cyangwa kubima uburenganzira bwabo, ahubwo hakwiye kubaho ubwumvikane, uburinganire n’iyubahirizwa ry’ubwenegihugu bw’abaturage bose.
Iri huriro rikomeza gushimangira ko rikomeje kuba ku butaka bwa Congo, rivuga ko intego yaryo ari uguharanira uburenganzira n’ubwubahane hagati y’abaturage bose.
Rwandatribune.rw