Umugore w’Umunya-Nigeria ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, ufite imyaka 67, yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibiro 13 bya cocaine yari yahishe mu bipfunyika byakozwe nk’ibitoki, mu gihe yari agiye gufata indege yerekeza i Londres.
Urwego rwa Nigeria rushinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (NDLEA) rwatangaje ko Mary Barek yafatiwe ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Murtala Muhammed i Lagos, ku wa 28 Kamena 2026, mbere yo kwinjira mu ndege ya Virgin Atlantic.
Abashinzwe umutekano bavuga ko nyuma yo gukeka imyitwarire ye, basatse imizigo ye basangamo udupfunyika 31 twa cocaine twari twapfunyitswe mu buryo busa n’ibitoki, tukavanwa mu zindi ndyo yari yitwaje kugira ngo bitagaragara.
NDLEA yavuze ko ibyo biyobyabwenge byari bifite uburemere bwa kilogramu 13, ndetse ko mu ibazwa rye Mary Barek yemeye ko ari ibye.
Uru rwego rwemeje ko iperereza rikomeje hagamijwe kumenya abagize uruhare muri uwo mugambi wo gucuruza ibiyobyabwenge.
Mu kindi gikorwa, NDLEA yatangaje ko yanataye muri yombi Nwabueze Felix Onyeka, umunyeshuri uri gukora impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) muri Kaminuza ya Putra muri Malaysia.
Onyeka akekwaho kuyobora itsinda ricuruza ibiyobyabwenge nyuma y’aho hafatiwe amapaki 36 ya cocaine apima ibiro 5.8 yari yahishwe mu makarito y’ikinyobwa cya Orijin Bitters cyari kigiye koherezwa muri Malaysia.
Mu iperereza ryakurikiyeho, hafashwe abandi bantu bane barimo umukozi ushinzwe imizigo, umushoferi, umucuruzi n’uwatanze ayo makarito yakoreshejwe mu guhisha ibiyobyabwenge.
NDLEA yanatangaje ko mu bindi bikorwa byabereye mu ntara zitandukanye za Nigeria hafashwe abantu benshi bakekwaho ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, hafatirwa kandi ibinini ibihumbi bya Tramadol, methamphetamine, skunk ndetse n’urumogi rusaga ibiro 556.
Perezida wa NDLEA, Brig. Gen.Mohamed Buba Marwa, yashimiye abakozi b’uru rwego ku bikorwa bakoze, abasaba gukomeza gukaza ingamba zo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge no gukomeza ubukangurambaga bugamije kuburizamo ikoreshwa ryabyo muri Nigeria.
Rwandatribune.rw