Sunday, 26 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Gen Mubarakh Muganga Yahamagariye Abafana ba APR FC Kwirinda Kuvugiriza Induru Rayon Sports
Yaoundé Kanyankore Gilbert, Umunyabigwi Mu Mupira w’Amaguru Mu Rwanda no Mu Burundi, Yitabye Imana
Ituri: Guverineri wa Gisirikare Yategetse ko Ubusambo n’Itotezwa Kuri Bariyeri Bihagarara Burundu
Syria: Perezida Yatangaje ko Igihugu Cye Kiri Mu Biganiro Byo Kugirana Amasezerano y’Umutekano Na Israel
IRMCT Yanze Ubusabe Bwa Kambanda na Kamuhanda bwo Gufungurwa Mbere y’Igihe
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > UMUTEKANO > Macron Yarokotse Igitero cy’Ibisasu i Damascus
UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Macron Yarokotse Igitero cy’Ibisasu i Damascus

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: July 7, 2026 3:24 pm
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yarokotse igitero cy’ibisasu byaturikiye hafi ya hoteli yari acumbitsemo mu Mujyi wa Damascus, mu gihugu cya Syria, gihitana ituze ndetse gikomeretsa abantu 18 barimo abapolisi bane.

Ibyo bisasu byaturitse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 7 Nyakanga 2026, nyuma gato y’uko Macron ava kuri iyo hoteli yerekeza mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu cya Syria, aho yari agiye kugirana ibiganiro na Perezida Ahmed al-Sharaa.

Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu ya Syria yatangaje ko icyo gitero cyabereye hanze y’agace kari karinzwe mu buryo bukomeye, aho Perezida Macron yari acumbitse.

Abari baherekeje Macron bavuze ko nta ngaruka icyo gitero cyigeze kimugiraho, ndetse ko atigeze anamenya ko habaye iturika kuko yari yamaze kuva aho yari acumbitse.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu w’u Bufaransa byemeje ko uru ruzinduko rwakomeje nk’uko rwari ruteganyijwe, nta gihindutse kuri gahunda ya Perezida Macron.

Macron yageze muri Syria ku mugoroba wo ku wa Mbere, mu ruzinduko rw’amateka rumugira Perezida wa mbere w’igihugu kigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi usuye Syria kuva ubutegetsi bwa Bashar al-Assad bwahirikwa.

rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Uburezi: Abanyeshuri Barenga Ibihumbi 277 Batangiye Ibizamini Bya Leta
Next Article Minembwe: Kaniki Yageze ku Murongo w’Imirwano
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

MU MAHANGAAMAKURU

Abagore Bahinduye Amateka ya Odysseus: Ibanga Rikomeye Ryihishe muri Odyssey

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURU

Kuki Peteroli Ikirangamiwe Nubwo Isi Yerekeje ku Modoka z’Amashanyarazi?

By
ICYITEGETSE Florentine
UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGA

RDC: AFC/M23 Ivuga ko Yafashe Uduce Dutatu Nyuma y’Ibihano Bya Loni

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGAUMUTEKANO

Amerika na Arabiya Sawudite Byasinye Amasezerano Akomeye ku Ngufu za Kirimbuzi

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?