Mu gihe intambara yo muri Sudani ikomeje hagati y’ingabo za Leta (SAF) n’umutwe wa RSF (Rapid Support Forces), ibimenyetso by’uko uyu mutwe uri guhura n’ibibazo by’imbere biragenda byiyongera, nyuma y’uko bamwe mu bawugize n’abayobozi batangiye kuwuvamo.
Abasesenguzi bavuga ko iri yomoka ridashobora kurebwa gusa nk’ikorwa ry’abarwanyi bahindura uruhande, ahubwo rishobora kuba ikimenyetso cy’ibibazo biri mu miterere y’umutwe wa RSF, aho amatsinda atandukanye agizwe n’abayobozi b’amoko n’abasirikare bafite inyungu zitandukanye.
Ikibazo nyamukuru kuri RSF ni ukumenya niba ubuyobozi bwa Mohamed Hamdan Dagalo uzwi nka Hemedti bukomeje kugira ubushobozi bwo kugumana ubumwe bw’uyu mutwe mu gihe intambara imaze igihe kirekire.
Abavuye muri RSF bavuga ko impamvu zibatera kwitandukanya n’umutwe harimo:
kutumvikana ku miyoborere n’imyanzuro y’intambara;
umunaniro w’abarwanyi nyuma y’imyaka y’imirwano;
impungenge ku hazaza h’umutwe mu gihe igitutu cya gisirikare na politiki gikomeje kwiyongera.
Ku ruhande rwa SAF, iri yomoka rifatwa nk’amahirwe yo guca intege RSF no kwerekana ko uyu mutwe ushobora gutakaza ubumwe bwawo.
Ariko kugeza ubu, abasesenguzi baravuga ko RSF itaragera ku rwego rwo gusenyuka burundu, kuko igifite imbaraga mu bice bimwe bya Sudani, cyane cyane Darfur, ndetse ikaba igifite imiyoboro y’abarwanyi n’umutungo uyifasha gukomeza intambara.
Ikibazo gikomeye gisigaye ni iki: Ese iri yomoka rizakomeza rkuba urunigi ruzasenya RSF, cyangwa ni ihinduka ry’igihe gito mu ntambara ikomeje?
Rwandatribune.rw