Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Kylian Mbappé, yamaganye bikomeye amagambo y’ivangura yavuzwe n’umusenateri wo muri Paraguay, Celeste Amarilla, amubwira ko ateye isoni kandi adakwiriye umwanya arimo.
Ibi byabaye nyuma y’uko Celeste Amarilla avuze amagambo yashinjwe kuba yuzuyemo ivangura rishingiye ku ruhu n’inkomoko ya Mbappé, anashinyagurira aho akomoka ndetse n’amashuri yize.
Mu butumwa bwe, Mbappé yavuze ko amagambo nk’ayo adakwiye kugira umwanya muri sosiyete y’iki gihe, ashimangira ko abayobozi bakwiye kuba intangarugero mu kwimakaza ubumwe, kubahana no kurwanya ivangura aho ryaba riva hose.
Aya magambo ya Mbappé yakiriwe neza n’abatari bake ku mbuga nkoranyambaga, benshi bamushimira kuba yarahagurukiye kurwanya ivangura no kurengera indangagaciro z’ubwubahane.
Iki kibazo cyongeye gukangurira amahanga gukomeza guhangana n’imvugo zose zibiba urwango n’ivangura, cyane cyane iyo zivuzwe n’abantu bafite inshingano zo kuyobora abandi.
rwandatribune.rw