Monday, 27 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Gen Mubarakh Muganga Yahamagariye Abafana ba APR FC Kwirinda Kuvugiriza Induru Rayon Sports
Yaoundé Kanyankore Gilbert, Umunyabigwi Mu Mupira w’Amaguru Mu Rwanda no Mu Burundi, Yitabye Imana
Ituri: Guverineri wa Gisirikare Yategetse ko Ubusambo n’Itotezwa Kuri Bariyeri Bihagarara Burundu
Syria: Perezida Yatangaje ko Igihugu Cye Kiri Mu Biganiro Byo Kugirana Amasezerano y’Umutekano Na Israel
IRMCT Yanze Ubusabe Bwa Kambanda na Kamuhanda bwo Gufungurwa Mbere y’Igihe
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > MU MAHANGA > Inkongi Yahungishije Abasaga 10,000 mu Majyepfo y’u Bufaransa
MU MAHANGAAMAKURUUMUTEKANO

Inkongi Yahungishije Abasaga 10,000 mu Majyepfo y’u Bufaransa

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: July 7, 2026 9:51 am
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Abaturage barenga 10.000 bamaze kuva mu byabo mu majyepfo y’u Bufaransa kubera inkongi y’umuriro ikomeje gukwira ku muvuduko mwinshi, ihatira abantu guhunga imijyi mito n’imidugudu 24 iherereye hafi y’umupaka uhuza iki gihugu na Espagne.

Abayobozi bavuga ko umuyaga ukomeje guhuha ari wo uri gutuma umuriro urushaho gukwira, bituma ibikorwa byo kuwuzimya birushaho kugorana.

Mu rwego rwo gufasha u Bufaransa guhangana n’iki kibazo, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) wohereje indege enye zizimya inkongi ziturutse muri Chypre na Suède, hamwe n’abashinzwe ubutabazi barenga 100 bo kongerera imbaraga amakipe ari gukora mu gace ka Trevillach hafi y’umujyi wa Perpignan.

Perezida wa Komisiyo ya EU, Ursula von der Leyen, yavuze ko u Burayi bwifatanyije n’u Bufaransa muri ibi bihe bikomeye.

Kugeza ubu, iyo nkongi imaze gukomeretsa abantu 16 barimo abashinzwe kuzimya umuriro bane, inatwika ubutaka burenga hegitari 11.300 mu misozi ya Pyrenees.

Abahanga mu by’ikirere bavuga ko ubushyuhe bukabije bwagaragaye mu Burayi bw’iburengerazuba mu mezi ya Gicurasi na Kamena bwumishije ubutaka cyane, bituma inkongi z’umuriro zikwirakwira byihuse kurusha uko byari bisanzwe.

Inkongi kandi yageze hafi y’aho isiganwa rya Tour de France ryagombaga kunyura, bituma abaturage babuzwa kujya kureba icyiciro cya gatatu cyaryo kugira ngo ibikorwa by’ubutabazi bitabangamirwa.

Abateganya ibihe baratangaza ko ubushyuhe bushobora kongera kugera kuri dogere Celsius 40 muri iki cyumweru mu majyepfo y’u Bufaransa, mu gihe na Espagne na Portugal bikomeje kwibasirwa n’ubushyuhe bukabije.

rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Perezida Kagame Yagizwe Umwe mu Bayobozi ba Komisiyo ya Loni ku Bwenge Buhangano
Next Article Mbappé Yihanangirije Umunyapolitiki Wamuvuzeho Amagambo y’Ivangura
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

POLITIKEAMAKURU

Uwahoze ari Maneko Muri CIA Watanzwe Kuba Ambasaderi wa USA mu Rwanda: Ni iki Bivuze ku Mubano w’Ibihugu Byombi?

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURU

Shaddy Boo Yareze Yugi Umukaraza Amushinja Kumusambanya ku Gahato

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGA

Abanye-Congo Batangiye Gusubira i Goma Nyuma yo Gufatirirwa i Rusumo

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGA

Ebola Yo muri RDC Yageze mu Bufaransa, Umuganga wa Mbere Yanduye

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?