Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yashyikirije Sena izina rya Nicholas Checker nk’umukandida uzahagararira USA mu Rwanda nka Ambasaderi mushya.
Checker, wahoze akorera Ikigo cy’Ubutasi cya Amerika (CIA) imyaka 11, azasimbura Eric Kneedler naramuka yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika.
Uyu mudipolomate azanye ubunararibonye mu by’umutekano, politiki mpuzamahanga n’ibibazo by’amakimbirane mu turere dutandukanye tw’isi.
Mbere yo kujya muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Checker yakoze mu nzego z’umutekano za USA, harimo no kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa Wungirije w’Inama y’Igihugu ishinzwe Umutekano muri manda ya mbere ya Perezida Trump.
Abasesenguzi bavuga ko kuba Washington yarahisemo umuntu ufite amateka akomeye mu nzego z’ubutasi n’umutekano bishobora gutuma imirimo ye i Kigali yibanda ku ngingo zirimo umutekano w’akarere k’Ibiyaga Bigari, umubano wa USA n’u Rwanda ndetse n’ikibazo cy’intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC.
Nicholas Checker asanzwe ari umuyobozi ushinzwe Afurika y’Amajyepfo n’inkunga z’ububanyi n’amahanga muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya USA, akaba afite impamyabumenyi mu mateka na siyansi ya politiki ndetse n’ubushakashatsi ku mutekano.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw