Saturday, 25 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Loni Muri Sudani y’Epfo Yasuye Abasirikare b’u Rwanda Bari mu Butumwa bw’Amahoro
Trump Ashinja EU Kwibasira Ibigo by’Abanyamerika, Ateguza Iperereza n’Imisoro Mishya
Bugesera Ibonye “Imbuto Hub” Izajya Itanga Serivisi ku Buntu ku Bana n’Urubyiruko
Moldova: Minisitiri Mushya Yeguye Ataramara Icyumweru
Perezida Paul Kagame Yayoboye Inama y’Abaminisitiri Yafashe Ibyemezo Bikomeye ku Iterambere
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > POLITIKE > Uwahoze ari Maneko Muri CIA Watanzwe Kuba Ambasaderi wa USA mu Rwanda: Ni iki Bivuze ku Mubano w’Ibihugu Byombi?
POLITIKEAMAKURU

Uwahoze ari Maneko Muri CIA Watanzwe Kuba Ambasaderi wa USA mu Rwanda: Ni iki Bivuze ku Mubano w’Ibihugu Byombi?

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: July 23, 2026 9:38 pm
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yashyikirije Sena izina rya Nicholas Checker nk’umukandida uzahagararira USA mu Rwanda nka Ambasaderi mushya.

Checker, wahoze akorera Ikigo cy’Ubutasi cya Amerika (CIA) imyaka 11, azasimbura Eric Kneedler naramuka yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika.

Uyu mudipolomate azanye ubunararibonye mu by’umutekano, politiki mpuzamahanga n’ibibazo by’amakimbirane mu turere dutandukanye tw’isi.

Mbere yo kujya muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Checker yakoze mu nzego z’umutekano za USA, harimo no kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa Wungirije w’Inama y’Igihugu ishinzwe Umutekano muri manda ya mbere ya Perezida Trump.

Abasesenguzi bavuga ko kuba Washington yarahisemo umuntu ufite amateka akomeye mu nzego z’ubutasi n’umutekano bishobora gutuma imirimo ye i Kigali yibanda ku ngingo zirimo umutekano w’akarere k’Ibiyaga Bigari, umubano wa USA n’u Rwanda ndetse n’ikibazo cy’intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC.

Nicholas Checker asanzwe ari umuyobozi ushinzwe Afurika y’Amajyepfo n’inkunga z’ububanyi n’amahanga muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya USA, akaba afite impamyabumenyi mu mateka na siyansi ya politiki ndetse n’ubushakashatsi ku mutekano.

Mwizerwa Ally

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Bill Gates i Butaro Yavuze ko AI Ishobora Guhindura Ubuvuzi Bw’Ababyeyi n’Abana Muri Afurika
Next Article ADF Yakajije Ubwicanyi i Beni, Sosiyete Sivile Inavuga ko AFC/M23 Ikomeje Kwagura Imbaraga
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

AMAKURU

Shaddy Boo Yareze Yugi Umukaraza Amushinja Kumusambanya ku Gahato

By
ICYITEGETSE Florentine
MU MAHANGAAMAKURUUMUTEKANO

Umugore w’imyaka 67 Yafatanywe Cocaine Yahishe mu Bitoki i Lagos

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAUMUTEKANO

U Burusiya Bwakajije Ibitero muri Ukraine Bwibasira Sitasiyo za Lisansi

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAUMUTEKANO

Ubwato bw’Imizigo Bwagabweho Igitero Hafi Ya Hormuz, Amerika Ishinja Iran

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?