Umunyamerika w’umukire akaba n’umugiraneza Bill Gates yavuze ko Afurika ikwiye kwihutira gukoresha ubwenge buhangano (Artificial Intelligence – AI) mu rwego rwo kunoza serivisi z’ubuzima, cyane cyane mu kurengera ubuzima bw’ababyeyi n’abana.
Bill Gates yabivugiye i Butaro mu Karere ka Burera, mu nama ya mbere ya Paul E. Farmer Butaro Dialogues on Health Equity and Innovation, yahuje abahanga mu by’ubuzima, abayobozi, abashakashatsi n’abafatanyabikorwa baturutse mu bihugu bitandukanye.
Mu ijambo rye, Gates yavuze ko AI ishobora gufasha mu gutahura ibibazo by’ubuzima hakiri kare, gufasha abaganga gufata ibyemezo bishingiye ku makuru ndetse no kugeza serivisi z’ubuvuzi ku bantu benshi.
Yagaragaje ko gutinda kwakira iri koranabuhanga bishobora gutuma Afurika ikomeza gusigara inyuma mu gihe isi ikomeje gutera imbere mu ikoranabuhanga.
Madamu Jeannette Kagame, Umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, na we witabiriye ibyo biganiro, yavuze ko ibisubizo byo kugabanya impfu z’ababyeyi n’impinja ahanini bizwi, ariko ikibazo gikomeye kikaba ari ukubishyira mu bikorwa no kubigeza ku baturage bose babikeneye.
Ati ko hakenewe ubufatanye bw’inzego zitandukanye kugira ngo udushya mu buvuzi tuve mu rwego rw’ubushakashatsi bugere ku bitaro no ku baturage.
Ibiganiro bya Butaro byitiriwe Dr. Paul Farmer, umwe mu bagize uruhare rukomeye mu guteza imbere ubuvuzi bugera kuri bose, byibanze ku buryo ubushakashatsi, ikoranabuhanga n’udushya bishobora gukoreshwa mu gukemura ibibazo bikomeye by’ubuzima.
Abitabiriye iyi nama bagaragaje ko ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rishya rishobora kuba imwe mu nzira zo kugabanya ubusumbane mu kubona serivisi z’ubuzima hagati y’ibihugu bikize n’ibikiri mu nzira y’amajyambere.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw