Umuherwe w’Umunyamerika akaba n’uwashinze Microsoft, Bill Gates, ari mu ruzinduko mu Rwanda aho yaje kureba intambwe igihugu kimaze gutera mu rwego rw’ubuzima, ubuhinzi n’ikoranabuhanga.
Mu butumwa yashyize ahagaragara, Bill Gates yavuze ko yishimiye kuba ari mu Rwanda muri iki cyumweru kugira ngo yige ku buryo igihugu cyakoresheje udushya mu guteza imbere serivisi z’ubuzima n’iterambere muri rusange.
Uru ruzinduko ruje rukurikira ubufatanye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda, Gates Foundation na OpenAI mu mushinga wa Horizons1000, uzashoramo miliyoni 50 z’amadolari y’Amerika hagamijwe gukoresha ubwenge buhangano (AI) mu kuzamura serivisi z’ubuvuzi. Umushinga uzatangirira mu Rwanda, aho ikoranabuhanga rizageragerezwa mu bigo nderabuzima birenga 50 mbere yo kwagurirwa mu bindi bihugu bya Afurika.
Abayobozi muri Minisiteri y’Ubuzima bavuga ko iri koranabuhanga rizafasha abaganga gufata ibyemezo byihuse kandi byizewe, ndetse rigabanye umwanya utakara mu mirimo y’ubutegetsi, rikazamura ireme rya serivisi z’ubuvuzi.
Kugeza ubu, ibisobanuro birambuye ku ngengabihe y’uruzinduko rwa Bill Gates mu Rwanda ntibiratangazwa n’inzego za Leta, ariko we ubwe yamaze kwemeza ko ari mu gihugu kandi ko ari kugirana ibiganiro n’abafatanyabikorwa ku iterambere ry’ubuzima n’ikoranabuhanga.
Rwandatribune.rw