Mu gihe amakimbirane hagati ya Amerika na Iran akomeje gukaza umurego, impuguke zo mu Burusiya zagaragaje impungenge ko ibintu bishobora kugera ku rwego rukomeye cyane.
Marat Bashirov, umwarimu akaba n’umusesenguzi wa politiki mu Burusiya, yavuze ko kuba ibitero bisanzwe bya gisirikare byakorewe Iran bitaratanze umusaruro wihuse Amerika yari yiteze bishobora gutuma Washington ishaka izindi nzira zikomeye zo gushyira igitutu kuri Tehran.
Uyu musesenguzi yavuze ko muri izo nzira hashobora kubamo no gutekereza ku ikoreshwa ry’intwaro za kirimbuzi zo ku rwego ruto, nubwo nta kimenyetso kigaragaza ko Amerika ifite gahunda nk’iyo.
Bashirov kandi yagaragaje ko icyemezo cya Leta ya Amerika cyo gusaba abaturage bayo kuva mu bihugu bimwe byo mu Burasirazuba bwo Hagati gishobora kuba ikimenyetso cy’uko hari impungenge z’uko amakimbirane ashobora kwaguka.
Aya magambo aje mu gihe Amerika na Iran bikomeje guhangana mu buryo bwa gisirikare, ibintu byateye ubwoba ko intambara ishobora gukwirakwira mu karere kose k’Uburasirazuba bwo Hagati.
Gusa, kugeza ubu nta rwego rwa Leta ya Amerika ruratangaza umugambi wo gukoresha intwaro za kirimbuzi kuri Iran. Ibyatangajwe na Marat Bashirov bifatwa nk’isesengura rye bwite, aho kuba icyemezo cyemejwe na Washington.
Amahanga akomeje gusaba impande zombi kugabanya ubushyamirane no kwirinda ibikorwa bishobora guteza intambara nini ishobora kugira ingaruka ku mutekano w’akarere ndetse n’isi yose.
Rwandatribune.rw