Tripoli, Libya — Abayobozi b’impande zombi zihanganye muri Libya bemeranyijwe ko amatora y’igihugu azaba mu gihe kitarenze imyaka ibiri, mu rwego rwo kongera ubumwe bw’igihugu cyamaze imyaka myinshi mu macakubiri ya politiki.
Iyi myanzuro yafashwe ku Cyumweru, nyuma y’amezi y’ibiganiro byari bifashwamo n’Umuryango w’Abibumbye (UN).
Abahagarariye ubutegetsi bw’iburasirazuba n’ubw’iburengerazuba bwa Libya, bazwi nka Komite ya 4+4, bashyize umukono ku masezerano agamije kuvugurura Komisiyo y’Amatora no gushakira umuti amakimbirane ashingiye ku mategeko agenga amatora.
Abemeranyijwe kuri aya masezerano bavuze ko amatora azategurwa kandi akayoborwa n’ubutegetsi bumwe, bukorera mu nzego z’igihugu zishyize hamwe kandi zigenga.
Moussa Al-Koni, Visi Perezida w’Inama Nkuru y’Ubutegetsi bwa Libya, yavuze ko iyi ntambwe itanga amahirwe yo kuva mu macakubiri no gutangira gushyira mu bikorwa gahunda yo kugeza igihugu ku matora.
Ati: “Uruhare rwacu uyu munsi rushyigikira amahirwe ya politiki agomba kurindwa no gukomeza kubakwa.”
Yongeyeho ko iyi gahunda igamije gufasha Libya kuva mu buryo bwo gukomeza gucunga amacakubiri, ahubwo ikagera ku kuyashyiraho iherezo no gutera intambwe igaragara yerekeza ku matora.
Abdul Rahman Al-Abbar, umwe mu bagize Komite ya 4+4 uhagarariye ubutegetsi bw’iburasirazuba, na we yashimye ibyumvikanyweho.
Yavuze ko aya masezerano ari umusaruro w’akazi kakozwe n’itsinda ry’abahagarariye impande zombi, rikagaragaza ubushake bwo gushyira inyungu z’igihugu imbere ndetse rikagira ibyo ryemeranyaho kugira ngo rikureho inzitizi zari zitambamiye inzira y’amatora.
Libya yisanze mu kajagari n’amacakubiri akomeye nyuma yo gukurwaho ku butegetsi kwa Muammar Gaddafi mu 2011, ndetse akaza kwicwa muri uwo mwaka.
Kuva icyo gihe, igihugu cyagiye kigabanywamo ibice bibiri by’ingenzi bya politiki.
Mu burengerazuba hari Guverinoma y’Ubumwe bw’Igihugu (Government of National Unity – GNU) iyobowe na Abdulhamid Dbeibah kandi ifatwa nk’ubutegetsi bwemewe ku rwego mpuzamahanga.
Mu burasirazuba hakorera ubutegetsi buhanganye na bwo, bushyigikiwe na Khalifa Haftar.
Imishyikirano yo guhuza Libya
Imishyikirano igamije guhuza impande zombi no kurangiza amacakubiri ya politiki ngo yatangiye mu mpera z’umwaka ushize, nyuma y’uko impande zombi zasabye Pakistan kugira uruhare mu guhuza no koroshya ibiganiro.
Aya masezerano mashya afatwa nk’intambwe igana ku guhuza inzego z’igihugu no gutegura amatora ashobora gufasha Libya kuva mu bibazo bya politiki bimaze imyaka birenga icumi.
Rwandatribune.rw