Dan Driscoll, umwe mu bayobozi bakomeye muri Minisiteri y’Ingabo za Amerika, yeguye ku mirimo nyuma y’amezi 18 ari muri uyu mwanya.
Uwegukanye umwanya w’umunyamabanga ushinzwe ingabo wari ukiri muto cyane, Dan Driscoll, yatanze ubwegure bwe, mu gihe hakomeje kuvugwa amakimbirane yari amaze igihe hagati ye na Minisitiri w’Ingabo, Pete Hegseth.
Iyi nkuru yemejwe n’igitangazamakuru cyo muri Amerika CBS, kivuga ko Driscoll na Hegseth bari bamaze igihe batumvikana ku bibazo bitandukanye birebana n’imiyoborere y’ingabo.
Driscoll, ufite imyaka 41, yari asanzwe azwiho kuba hafi ya Perezida Donald Trump ndetse akagira ubumenyi bwihariye mu bijyanye n’indege zitagira abapilote, zizwi nka drones.
Mu itangazo White House yahaye CBS, yavuze ko Driscoll yagize uruhare rukomeye mu gushyira mu bikorwa gahunda ya Perezida Trump yo kongera ubushobozi bwa Amerika, ndetse inamushimira ku buyobozi bwe mu bikorwa bya gisirikare.
Nubwo amakuru arambuye ku byatumye Driscoll yegura ataratangazwa ku mugaragaro, CBS yatangaje ko yari inshuti ya Randy George, wahoze ari umugaba mukuru w’ingabo za Amerika.
George na we yeguye ku mwanya we, mu gihe amakuru avuga ko Hegseth ari we wari wamugiriye inama yo kwegura.
Ukwegura kwa Driscoll kuje nyuma y’urundi ruhererekane rw’abayobozi bakuru b’ingabo za Amerika bavanywe ku myanya cyangwa bakayeguraho kuva Hegseth agizwe Minisitiri w’Ingabo.
Mu bayobozi beguye harimo John Phelan, wari Umunyamabanga ushinzwe Ingabo zirwanira mu Nyanja, ndetse n’abandi bayobozi bakuru barimo Jenerali David Hodne na Jenerali Majoro William Green.
Kuva Hegseth agera ku buyobozi bwa Pentagon, abarenga 10 mu bayobozi bakuru b’ingabo bamaze kuva ku myanya yabo, barimo abayobozi bakuru mu ngabo zirwanira mu Nyanja no mu Kirere.
Dan Driscoll yahoze ari umusirikare, akaba yarigeze koherezwa muri Iraq mu 2009, aho yamaze amezi menshi akorera mu butumwa bwa gisirikare.
Ukwegura kwe kongereye urutonde rw’abayobozi bakuru b’ingabo za Amerika batandukanye n’imyanya yabo mu gihe ubuyobozi bwa Hegseth bukomeje kuvugwaho impinduka zikomeye muri Pentagon.
Rwandatribune.rw