Ibintu 4 Utazi Wakwirinda Ubu Ngubu Kuko Bishobora Kongera Ibyago bya Kanseri y’Amaraso

Florentine Icyitegetse
2 Min Read

Kanseri y’amaraso ni indwara ikomeye yibasira amaraso, igufwa ribyara uturemangingo tw’amaraso (bone marrow), cyangwa uturemangingo tw’ubwirinzi bw’umubiri (lymph nodes).

Iyi ndwara ibaho iyo uturemangingo tw’amaraso tudasanzwe dutangiye gukura vuba cyane kandi ntidukore akazi kako neza.

Ibi bituma umubiri ugira intege nke, ukarwara byoroshye, kandi ubuzima bukaba mu kaga.

Iyo itavuwe hakiri kare, kanseri y’amaraso ishobora gukomera vuba cyane. Nubwo bimeze bityo, hari imwe mu myitwarire ya buri munsi n’ibiribwa bishobora kongera ibyago byo kuyirwara.

Ariko Kandi kugabanya ibyo bintu bishobora gufasha umubiri wawe gukomera no kuramba.

1. Kugufa Isukari Nyinshi

Ibiryohereye nka bombo, sodas n’utundi dutsima biraryoha cyane, ariko kubirya kenshi bigabanya ubwirinzi bw’umubiri.

Iyo ubwirinzi bw’umubiri bugabanutse, ntibubasha kurwanya neza uturemangingo twangiza.

Ibikungahaye ku isukari ni byiza kubifata rimwe na rimwe gusa.

2. Kurya Inyama Zitukura Nyinshi

Inyama zitukura cyane cyane izatunganyijwe (amasosiso na bacon) zishobora kongera ibyago byo kurwara kanseri iyo ziribwa cyane.

Hitamo kurya imboga, ibishyimbo, inkoko n’amafi kuko bifasha umubiri kugumana ubuzima bwiza.

3. Kurya Ibiryo Bikaranze

Fast food, chips n’ibindi bikaranze cyane ntibigirira akamaro amaraso.

Kubirya buri gihe bishobora gutuma umubiri ugira intege nke, bigatuma woroshye kwibasirwa n’indwara zikomeye.

4. Kunywa Inzoga Nyinshi

Inzoga zangiza amaraso n’umwijima.

Kunywa cyane inzoga bifitanye isano n’ubwoko butandukanye bwa kanseri harimo n’iy’amaraso ku buryo inzoga zikururira ingorane ubuzima.

Kugabanta inzoga cyangwa kuzireka burundu ni intambwe ikomeye yo kurinda ubuzima bwawe.

Umwanzuro

Kwita ku mirire yawe no guhitamo neza ibyo urya buri munsi ni imwe mu ntwaro zikomeye zo kwirinda indwara zikomeye nka kanseri y’amaraso.

 

 

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *