Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda (NPPA) bwatangaje ko hafashwe abagabo babiri bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma y’imyaka myinshi bari bihishahisha mu Budage no muri Canada.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 16 Nyakanga 2026, NPPA yavuze ko abafashwe ari Innocent Sebagoyi na Laurent Nduwayezu, batawe muri yombi ku bufatanye n’inzego z’ubutabera zo muri ibyo bihugu.
Sebagoyi yafatiwe mu Budage ku wa 1 Nyakanga 2026, hashingiwe ku mpapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi zatanzwe n’u Rwanda mu 2019. Yavutse ku wa 20 Nzeri 1967 mu Murenge wa Mushonyi, Akarere ka Rutsiro. Mu gihe cya Jenoside, yari Burugumesitiri Wungirije ushinzwe ubutegetsi n’amategeko muri Komini Kayove.
Akekwaho ibyaha birimo Jenoside, kurimbura abantu nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu no gushishikariza mu buryo butaziguye gukora Jenoside.
NPPA ivuga kandi ko akekwaho kugira uruhare mu bitero byagabwe ku Batutsi mu bice bitandukanye bya Kayove, by’umwihariko ku bari bahungiye ku Ishuri rya Muyange.
Ku rundi ruhande, Laurent Nduwayezu yafatiwe muri Canada ku wa 22 Kamena 2026, hashingiwe ku mpapuro zo kumuta muri yombi zatanzwe n’u Rwanda mu 2014.
Nduwayezu, wavutse mu 1958 mu Karere ka Burera, mu gihe cya Jenoside yari Umuyobozi Mukuru ushinzwe umutekano muri BRALIRWA, akorera mu cyahoze ari Komini Rubavu.
Akurikiranyweho ibyaha birimo Jenoside, kugira uruhare muri Jenoside, umugambi wo gukora Jenoside, kurimbura abantu n’ubwicanyi nk’ibyaha byibasiye inyokomuntu.
Ashinjwa kandi kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi mu bice bitandukanye bya Rubavu no kwitabira inama zavugirwagamo amazina y’Abatutsi bagombaga kwicwa.
NPPA yashimiye inzego z’ubutabera zo mu Budage no muri Canada ku bufatanye zikomeje kugaragaza mu gushakisha no guta muri yombi abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kugira ngo bagezwe imbere y’ubutabera.
Nubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yahagaritswe n’Inkotanyi hashize imyaka 32, haracyari abantu benshi bakekwaho kuyigiramo uruhare batarafatwa.
Aherutse gutangaza imibare, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubutabera mpuzamahanga n’ubutwererane muri Minisiteri y’Ubutabera, Dr. Wibabara Charity, yavuze ko mu mpapuro 1.199 u Rwanda rwohereje mu mahanga rusaba ifatwa ry’abakekwaho Jenoside, abantu 63 gusa ari bo bamaze kugezwa imbere y’ubutabera.
Rwandatribune.rw