Ibikorwa by’itsinda ry’ibitangazamakuru Nation Media Group (NMG) bikorera muri Uganda byongeye gusubukurwa nyuma y’ukwezi hafi bihagaritswe, nyuma y’uko Perezida Yoweri Kaguta Museveni yemeye ko byongera gukora.
Mu itangazo NMG yashyize ahagaragara, yavuze ko ibikorwa byayo birimo NTV Uganda, Daily Monitor, Spark TV, radiyo ndetse n’imbuga z’ikoranabuhanga biri kongera gusubukurwa buhoro buhoro, mu gihe ikigo gikomeje kuzuza ibisabwa kugira ngo ibikorwa byose bisubire ku murongo usanzwe.
Ibikorwa bya NMG byari byarahagaritswe ku wa 28 Kamena 2026, ubwo inzego z’umutekano za Uganda zafungaga ibiro byayo bikuru biherereye i Kampala. Icyo cyemezo cyari cyakurikiye itegeko ryatanzwe na Gen. Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda.
Iryo hagarikwa ryagize ingaruka zikomeye ku mikorere y’ibitangazamakuru bikomeye byo muri Uganda, cyane cyane NTV Uganda, Daily Monitor na Spark TV, byahise bihagarika ibikorwa byinshi byabyo.
Muri icyo gihe, Gen. Muhoozi yari yatangaje ko NMG ikwirakwiza amakuru avuga ko abangamira Leta ya Uganda n’ubuyobozi bwayo, ibintu byateye impaka ndende ku bwisanzure bw’itangazamakuru muri icyo gihugu.
Nyuma y’ifungwa ry’ibi bitangazamakuru, abayobozi ba NMG bagiranye ibiganiro n’inzego zitandukanye za Leta ya Uganda hagamijwe gushaka umuti w’icyo kibazo no kumvikana ku buryo ibikorwa byakomeza mu buryo bwubahiriza amategeko y’igihugu.
Mu butumwa bwayo, NMG yashimiye abasomyi, abareba, abumva ibitangazamakuru byayo, abamamaza ndetse n’abafatanyabikorwa ku bwihangane bagaragaje muri iki gihe cyose ibikorwa byari byarahagaze.
NMG yavuze ko kongera gusubukura ibikorwa ari intambwe ikomeye mu gukomeza gutanga amakuru ku baturage ba Uganda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, aho iri tsinda rifite ibikorwa bikomeye mu bihugu birimo Kenya, Tanzania, Uganda n’u Rwanda binyuze ku mbuga n’ibitangazamakuru bitandukanye.
Isubukurwa ry’ibi bitangazamakuru rije rikurikira impungenge zari zaragaragajwe n’imiryango iharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru, yavugaga ko ihagarikwa rya NMG ryari rifite ingaruka ku itangwa ry’amakuru yigenga muri Uganda.
Nubwo ibikorwa byatangiye kongera gukora, NMG yatangaje ko isubukurwa rizakorwa mu byiciro, kandi ko ikomeje gukorana n’inzego za Leta kugira ngo ibikorwa byose bisubire ku rwego rwari rusanzwe mbere y’ihagarikwa.
Rwandatribune.rw