Mu gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika haravugwa cyane inkuru y’umusore w’imyaka 16 witwa Ryder Williams, wakoze igikorwa cy’ubutwari cyo gutabara umwana wari ugiye kurohama mu nyanja ya California.
Ibi byabaye ku wa 25 Nyakanga 2026 ku mucanga wa Seabright Beach, hafi y’umujyi wa Santa Cruz muri Leta ya California.
Uyu musore yari amaze igihe gito atangiye akazi ko kurokora abantu ku mucanga (lifeguard), akaba yari ari gukora inshingano ze za mbere kuri uwo munsi.
Amakuru yatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Amerika avuga ko umwana w’umuhungu w’imyaka 10 yajyanywe n’imiraba ikomeye y’inyanja, atangira gusaba ubutabazi.
Abantu bari ku mucanga bagize ubwoba kuko amazi yari afite imbaraga nyinshi kandi uwo mwana yari amaze kujyanwa kure n’inkombe.
Ryder Williams yahise yiruka yinjira mu mazi atitaye ku kaga kari kamutegereje. Yageze aho uwo mwana yari ari, aramufata atangira kugerageza kumugarura ku nkombe.
Imiraba yari ikaze ku buryo bombi bagiye barohama inshuro nyinshi, ariko uyu musore yakomeje kumufata no kumurinda kugeza ubwo undi murokora-mpanga yaje kumufasha.
Ababonye icyo gikorwa bavuga ko byari biteye impungenge cyane kuko amazi yakomezaga kubasunikira kure y’inkombe, ariko Ryder ntiyigeze arekura uwo mwana kugeza igihe bagejejwe ahatekanye.
Nyuma yo kugezwa ku nkombe, uwo mwana yahise ahabwa ubutabazi bw’ibanze mbere yo kujyanwa kwa muganga kugira ngo akurikiranwe n’abaganga.
Nyuma y’isuzuma, abaganga batangaje ko nta kibazo gikomeye cy’ubuzima afite, ndetse yaje gusubizwa ababyeyi be ameze neza.
Iki gikorwa cy’ubutwari cyashimishije abantu benshi muri Amerika no ku isi yose.
Ku mbuga nkoranyambaga, abantu benshi bagaragaje ko batangajwe n’ubutwari bw’uyu musore muto wiyemeje gushyira ubuzima bwe mu kaga kugira ngo arokore undi muntu.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, na we yashimye Ryder Williams, avuga ko yakoze igikorwa gikwiye kubera urugero rwiza urubyiruko.
Yatangaje ko ashaka kumutumira muri White House no kumuha ishimwe rikomeye ry’abasivili kubera ubutwari yagaragaje.
Abashinzwe umutekano ku nkombe z’inyanja ya California bavuga ko iyi nkuru ikwiye kubera isomo abantu bose bajya ku mucanga, bakibutswa ko imiraba y’inyanja ishobora guteza impanuka zikomeye mu gihe umuntu atitaye ku mabwiriza y’umutekano.
Inkuru ya Ryder Williams iri gufatwa nk’urugero rwiza rw’ubutwari, ubwitange n’ubumuntu, kuko n’ubwo yari akiri muto kandi ataramara igihe kinini muri aka kazi, yashoboye kurokora ubuzima bw’umwana wari mu kaga gakomeye cyane.
Rwandatribune.rw