Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yafashe icyemezo cyo kwirukana ba injeniyeri batandatu bo muri Minisiteri y’Imirimo n’Ubwikorezi, nyuma yo gushinjwa kugira uruhare mu bikorwa bya ruswa byagaragaye mu mishinga ikomeye yo kubaka imihanda.
Iri tegeko ryamenyekanye ubwo Minisitiri w’Imirimo n’Ubwikorezi, Fred Byamukama, yari imbere ya Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe Ibikorwa Remezo ku wa 20 Nyakanga 2026.
Minisitiri yavuze ko yakiriye ibaruwa y’Umukuru w’Igihugu imumenyesha ko abo ba injeniyeri basezerewe ku mirimo, bamwe muri bo bakaba bari bari mu nama ya Komisiyo y’Inteko.
Yavuze ko abirukanwe bashinjwa kugira uruhare mu bibazo byagaragaye mu mishinga irimo umuhanda wa Busega-Mpigi, Mubende-Fort Portal ndetse na Masaka-Mutukula.
Iki cyemezo cya Museveni kije nyuma y’aho Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Imirimo n’Ubwikorezi, Waiswa Bageya, nawe ahagaritswe ku mirimo kubera ibirego bijyanye na ruswa.
Minisitiri Byamukama yatangaje ko abandi bakozi bo muri iyo Minisiteri bari gutanga amakuru ku Kigo cy’Umugenzuzi Mukuru wa Leta (IGG), mu rwego rwo gukomeza iperereza ku mikorere mibi yaba yarabaye muri iyo mishinga.
Mu rwego rwo gukumira gutinda no gusesagura amafaranga mu mishinga y’ibikorwa remezo, Perezida Museveni yanategetse ko imishinga y’imihanda itagomba gutangira hataraboneka nibura 75% by’ubutaka bukenewe.
Ibi byahinduwe bivuye ku gipimo cya 50% cyari gisanzwe gikoreshwa, nyuma yo kugaragara ko ibibazo by’ubutaka byadindije imishinga myinshi y’imihanda mu gihugu.
Rwandatribune.rw