Kigali, 17 Kamena 2026 Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yashyizeho Brigadier General Patrick Karuretwa ku mwanya w’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda (RDF)
Nk’uko byatangajwe n’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Karuretwa azakomeza no gukora inshingano yari asanzwe afite zo kuyobora ibikorwa by’ubufatanye mpuzamahanga mu bya gisirikare muri Minisiteri y’Ingabo, aho yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu bya Gisirikare.
Brig Gen Patrick Karuretwa ni umwe mu basirikare bakuru bafite ubunararibonye mu nzego zitandukanye z’umutekano n’ububanyi n’amahanga. Mu myaka yashize yagiye ahagararira u Rwanda mu bikorwa binyuranye by’ubufatanye n’ibindi bihugu ndetse no mu mishyikirano ijyanye n’umutekano ku rwego mpuzamahanga.
Yasimbuye kuri uyu mwanya Brigadier General Ronald Rwivanga, wari umaze imyaka itari mike ari Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda. Muri icyo gihe, Brig Gen Rwivanga yagize uruhare rukomeye mu kugeza ku baturage no ku banyamakuru amakuru ajyanye n’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda, ibikorwa byo kubungabunga amahoro ndetse n’ibindi bikorwa by’umutekano by’Igihugu.
Ishyirwaho rya Brig Gen Patrick Karuretwa rije rikomeza gahunda yo guha inshingano abayobozi bafite ubunararibonye n’ubushobozi bwo guhagararira neza Ingabo z’u Rwanda mu itumanaho no mu gusobanurira abaturage ibikorwa byazo.
RWARINDA Gaston
rwandatribune.rw