Thursday, 2 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
U Rwanda na AFC/M23 Bongeye Gufungura Umupaka wa Goma–Rubavu Nyuma y’Iminsi Myinshi Ufunzwe
James Swan Yaburiye Loni: Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Uragenda Urushaho Kuzamba
Vatican: Some Priests Excommunicated Over Rebellion Against the Pope
Vatican: Bamwe Mu Bapadiri Birukanwe Kubera Kwigomeka Kuri Papa
Drones Zigiye Guca Akajagari Ko Gutwika Imyanda Mu Rwanda
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > UMUTEKANO > Brigadier General Patrick Karuretwa Yagizwe Umuvugizi Mushya w’Ingabo z’u Rwanda
UMUTEKANOPOLITIKE

Brigadier General Patrick Karuretwa Yagizwe Umuvugizi Mushya w’Ingabo z’u Rwanda

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: June 17, 2026 4:18 pm
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Kigali, 17 Kamena 2026 Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yashyizeho Brigadier General Patrick Karuretwa ku mwanya w’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda (RDF)

Nk’uko byatangajwe n’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Karuretwa azakomeza no gukora inshingano yari asanzwe afite zo kuyobora ibikorwa by’ubufatanye mpuzamahanga mu bya gisirikare muri Minisiteri y’Ingabo, aho yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu bya Gisirikare.

Brig Gen Patrick Karuretwa ni umwe mu basirikare bakuru bafite ubunararibonye mu nzego zitandukanye z’umutekano n’ububanyi n’amahanga. Mu myaka yashize yagiye ahagararira u Rwanda mu bikorwa binyuranye by’ubufatanye n’ibindi bihugu ndetse no mu mishyikirano ijyanye n’umutekano ku rwego mpuzamahanga.

Yasimbuye kuri uyu mwanya Brigadier General Ronald Rwivanga, wari umaze imyaka itari mike ari Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda. Muri icyo gihe, Brig Gen Rwivanga yagize uruhare rukomeye mu kugeza ku baturage no ku banyamakuru amakuru ajyanye n’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda, ibikorwa byo kubungabunga amahoro ndetse n’ibindi bikorwa by’umutekano by’Igihugu.

Ishyirwaho rya Brig Gen Patrick Karuretwa rije rikomeza gahunda yo guha inshingano abayobozi bafite ubunararibonye n’ubushobozi bwo guhagararira neza Ingabo z’u Rwanda mu itumanaho no mu gusobanurira abaturage ibikorwa byazo.

RWARINDA Gaston

rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Kenya:Igiye Kubakira Raila Odinga Urwibutso Rudasanzwe Ruzatwara Miliyoni 30 z’Amashilingi
Next Article Amerika na Iran Byageze ku Masezerano y’Agateganyo yo Kugarura Amahoro no Gukomeza Ibiganiro
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

MU MAHANGAPOLITIKEUMUTEKANO

Tehran Ivuga Ko Amerika Yatangiye Gukuraho Igitutu Ku Byambu Byayo

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAUMUTEKANO

Rutshuru: Umuyobozi wa Sosiyete Sivile Yaburiwe Irengero, Abashimusi Basaba 8,000$ ngo Bamurekure

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGA

Uganda: Following Pressure from the U.S. Senate, Gen Muhoozi Opens Talks with Nation Media Group

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

AFC/M23 Yaciye Amarenga yo Kwivana Mu Biganiro Bya Doha

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?