
Kuri uyu wa 21 Kamena 2026 Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi UDPS, Augustin Kabuya, yashinje ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe na Leta C64 gutegura imyigaragambyo yo ku wa 8 Nyakanga yari igamije guhungabanya umutekano mu murwa mukuru wa Congo Kinshasa.
Kabuya yavuze ko C64 ishaka guteza umwuka mubi ,no gutwika ambasade ziri muri Gombe, nk’uko byabaye ku wa 28 Mutarama 2025,Kabuya yavuze ko imitwe yitwaje intwaro nka Mobondo, ikorera mu Bandundu, yaba yarashishikarijwe kwitabira ibyo bikorwa ifatanyije na C64.
Urugendo rwateguwe n’abarwanya ubutegetsi rugamije gusaba Perezida Félix Tshisekedi kwegura, bamushinja guhemukira indahiro ye y’itegeko nshinga aho abigaragambya bitegura kugera ku Palais de la Nation ikoreramo umukuru w’igihugu.
Ku wa 12 Kamena, habaye urundi rugendo rwaje gusubizwa inyuma na Polisi Kabuya icyo gihe yavuze ko intego yari ugutwikainzu ikoreramo inteko ishingamategeko.
Ibi birego bishya byongera ubushyamirane hagati ya Leta n’abatavuga rumwe nayo, mu gihe impungenge z’umutekano w’abahagarariye ibihugu mu Congo Kinshasa zikomeje kwiyongera.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune