Minisiteri y’Ubuzima y’u Bufaransa yatangaje ko igihugu cyabonye umurwayi wa mbere wanduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, icyorezo kimaze igihe gihangayikishije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Uwanduye ni umuganga w’Umufaransa wari uherutse kwitabira ibikorwa by’ubutabazi muri RDC. Yahise ashyirwa mu kato mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’iyi ndwara, mu gihe inzego z’ubuzima zatangiye gushakisha abantu bose bahuye na we kugira ngo harebwe niba nta bandi yaba yaranduje.
Ebola ya Bundibugyo yatangajwe bwa mbere muri RDC muri Gicurasi 2026, aho kugeza ubu abantu barenga 1,000 bamaze kuyandura, mu gihe abarenga 270 bamaze guhitanwa na yo. Iki cyorezo cyanageze muri Uganda, aho hamaze kubarurwa abanduye 20 n’abapfuye babiri.
Impuguke mu by’ubuzima zikomeje kugaragaza impungenge zishingiye ku cyuho kiri mu gukurikirana abantu bahuye n’abarwayi muri RDC. Umuyobozi wa Afurika CDC, Jean Kaseya, aherutse gutangaza ko abantu barenga 26,000 bakekwaho kuba barahuye n’abanduye Ebola bataramenyekana aho baherereye.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) na ryo rivuga ko imibare y’abanduye ishobora kuba iri hejuru y’itangazwa kubera ibibazo biri mu gukurikirana icyorezo ku buryo buhagije.
Nubwo Ebola yamaze kugera mu Bufaransa, ubuyobozi bw’iki gihugu bwemeza ko ibyago byo gukwirakwira kw’iyi ndwara mu bindi bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi bikiri hasi.
rwandatribune.rw