Umuyobozi w’Ihuriro AFC/M23 yatangaje ko ibikorwa bya gisirikare bidashobora gusubira inyuma, kandi ko bitazigera bikurwaho cyangwa bihagarikwa.
Mu ijambo rye yagize ati“Twatangiriye Bunagana, uyu munsi turi Goma, Bukavu ndetse turi hafi ya Maniema. Ndagira ngo mbizeze mu izina rya AFC/M23 ko nta gusubira inyuma cyangwa kwikura aho tugenzura. Ntimukemere ibihuha n’itangazamakuru ry’ibinyoma.”
Ibi byatangajwe mu gihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hakomeje kumvikana imirwano ikaze, aho Abarwanyi ba AFC/M23 bakomeje guhangana n’ingabo za FARDC n’ingabo z’u Burundi, ndetse n’imitwe yitwaje intwaro nka Wazalendo, FDLR, n’Imbonerakure zikorana n’ubutegetsi bwa Gitega.
Uruhare rwa AFC/M23 muri Goma na Bukavu rugaragaza ubushobozi bwo kugenzura imihanda, ibice by’ingenzi by’ubucuruzi n’itumanaho, ibintu bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano n’imibereho y’abaturage b’ako karere.
Nsanzimana Pierre Celestin
Rwandatribune.rw