Abana 27 bari mu Igororero ry’Abana rya Nyagatare biteguye gukora ibizamini bya Leta, mu gihe bakomeje guhabwa amahirwe yo gukomeza amashuri no kwiyubaka.
Aba bana bari muri iri gororero bakomeje kwiga nk’abandi banyeshuri, aho uburezi bufatwa nk’igikoresho cyo kubafasha guhinduka no kuzagira uruhare rwiza mu muryango nyuma yo kurangiza gahunda yo kubororwa.
Abayobozi b’Igororero rya Nyagatare bavuga ko abana bahabwa ubufasha bukenewe kugira ngo bakomeze amasomo yabo kandi bitegure neza ibizamini bya Leta.
Gahunda yo kwigisha abana bari mu bigo ngororamuco igamije kubaha ubumenyi n’indangagaciro bizabafasha kongera kwiyakira no kubaka ejo hazaza habo.
rwandatribune.rw
Iyi ni inkuru nziza cyane.Mwibuke ko Nelson Mandela yigiye amasomo ya kaminuza muli gereza.Hali n’abandi bigira bibiliya muli gereza bakayimenya,ikabahindura abantu beza.Ndetse bava muli gereza bakajya mu nzira bakabwiriza ijambo ry’imana nkuko Yesu yabisabye buli mukristu nyakuli wese.