Kigali yongeye kwandika amateka nyuma yo kwemererwa kuba umunyamuryango wa BestCities Global Alliance, ihuriro rihuza imijyi ikomeye ku Isi izwiho kwakira inama mpuzamahanga n’ibikorwa by’ubucuruzi.
Ibi bituma iba umujyi wa 14 winjiye muri iri huriro, ndetse n’uwa mbere wo muri Afurika y’Iburasirazuba uribarizwamo.
Iki cyemezo cyatangajwe ku wa 14 Nyakanga 2026, nyuma y’isuzuma ryagaragaje ko Kigali yujuje ibisabwa birimo kugira isuku, umutekano, ibikorwaremezo bigezweho ndetse n’ubushobozi bwo kwakira neza abashyitsi n’inama mpuzamahanga.
Mu myaka ishize, Kigali yakomeje kwigaragaza nk’imwe mu mijyi iyoboye Afurika mu kwakira inama, aho yamaze imyaka itandatu ikurikiranye iza ku mwanya wa kabiri ku rutonde rwa ICCA, rugaragaza imijyi yitwaye neza mu kwakira inama mpuzamahanga.
Mu mwaka wa 2025 gusa, u Rwanda rwakiriye inama mpuzamahanga zirenga 25, zirimo IAS 2025 n’Inama y’Global NCD Alliance Forum, zose zibera i Kigali. Uyu mujyi kandi uzakira Inteko Rusange ya ICCA mu 2027, ndetse na World Nephrology Congress mu 2029.
Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya BestCities Global Alliance, Julia Swanson, yavuze ko Kigali ari umwe mu mijyi iri gutera imbere byihuse mu rwego rwo kwakira inama, agaragaza ko ifite ubushobozi, udushya n’icyerekezo bihura n’intego z’iri huriro.
Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Convention Bureau (RCB), Janet Karemera, yavuze ko kwinjira muri BestCities Global Alliance ari intambwe ikomeye izafasha u Rwanda gukomeza kwagura isoko mpuzamahanga rya MICE (Meetings, Incentives, Conferences and Exhibitions), kuzamura isura yarwo no kungukira ku bumenyi n’ubufatanye n’indi mijyi ikomeye ku Isi.
Kigali isanze muri iri huriro imijyi irimo Berlin, Cape Town, Copenhagen, Dubai, Dublin, Guadalajara, Houston, Madrid, Melbourne, Singapore, Tokyo, Vancouver na Washington DC.
BestCities Global Alliance yashinzwe mu mwaka wa 2000 igamije guteza imbere ubufatanye hagati y’imijyi yakira inama mpuzamahanga, gusangira ubunararibonye no guteza imbere ubukungu binyuze mu nama n’amamurikabikorwa mpuzamahanga.
Kwakira Kigali muri iri huriro bishimangira izina ry’u Rwanda nk’icyerekezo gikomeye cy’inama n’ubukerarugendo bushingiye ku nama ku rwego mpuzamahanga.
Rwandatribune.rw