Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ubutegetsi bwe bugiye gutangiza iperereza ku bikorwa by’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), awushinja gufatira ibihano ibigo by’Abanyamerika mu buryo budakwiye, anateguza ko hashobora gushyirwaho imisoro mishya ku bicuruzwa bituruka muri uwo muryango.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Truth Social ku wa 24 Nyakanga 2026, Trump yavuze ko EU yakomeje guca ihazabu ibigo bikomeye by’Abanyamerika birimo Apple, Meta, Amazon na Google. Yavuze ko iki ari igikorwa kigamije “kwambura” ibigo by’Abanyamerika amafaranga, ashimangira ko ubutegetsi bwe butazabyihanganira.
Trump yatangaje ko Amerika igiye gutangiza iperereza rishingiye ku ngingo ya Section 301 y’Itegeko ry’Ubucuruzi, ikoreshwa mu gusuzuma niba ibihugu by’amahanga bikoresha amategeko cyangwa politiki ibangamira ubucuruzi bwa Amerika.
Yavuze kandi ko Amerika ishobora gusubiza ibyo bikorwa ishyiraho imisoro mishya ku bicuruzwa by’u Burayi.
Iri tangazo rije nyuma y’uko Komisiyo y’u Burayi itangaje ko Google yaciwe ihazabu ya miliyoni €890 (hafi miliyari $1) kubera kutubahiriza amategeko ya Digital Markets Act (DMA), agamije kurinda irushanwa riboneye mu rwego rw’ikoranabuhanga.
Komisiyo y’u Burayi ivuga ko ibihano nk’ibi bidashingira ku gihugu ikigo gikomokamo, ahubwo bishingiye ku kubahiriza amategeko agenga isoko ry’u Burayi. Ku ruhande rwayo, Google yatangaje ko itemeranya n’icyemezo cya EU kandi iri gusuzuma uburyo bwo kukijuririra.
Abasesenguzi bavuga ko aya magambo ya Trump ashobora kongera umwuka mubi hagati ya Amerika n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu bijyanye n’ubucuruzi, cyane cyane mu gihe impande zombi zisanzwe zifitanye amakimbirane ku misoro n’amategeko agenga ibigo bikomeye by’ikoranabuhanga.
Nubwo Trump ashinja EU kurenganya ibigo by’Abanyamerika, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wo ukomeje gushimangira ko ibyemezo byawo bishingiye gusa ku kubahiriza amategeko y’irushanwa ku isoko, kandi ko bireba ibigo byose bititaye ku gihugu bikomokamo.
Rwandatribune.rw