Iran yongeye gushimangira ko Umuhora wa Hormuz utazafungurwa kugeza igihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizahagarikira ibyo Tehran ivuga ko ari ibikorwa byo kwivanga mu bibazo by’akarere.
Ibi byatangajwe n’Ingabo zidasanzwe za Iran (IRGC), zisubiza Perezida wa Amerika Donald Trump wari wasabye ko uyu muhora ufungurwa kugira ngo amato atwara ibikomoka kuri peteroli n’ibindi bicuruzwa yongere kuwunyuramo nta nkomyi.
Mu itangazo ryayo, IRGC yavuze ko nta bwato buzemererwa kunyura muri Hormuz igihe cyose Amerika izaba igikomeje ibikorwa Iran ifata nk’ibangamira ubusugire bwayo n’umutekano w’akarere.
Yagize iti: “Umuhora wa Hormuz uzakomeza gufungwa kugeza igihe ibikorwa bya Amerika byo kwivanga mu karere bihagarariye. Nta bwato buzemererwa kuwunyuramo.”
Aya magambo aje nyuma y’ibiganiro byabereye muri Oman, aho bivugwa ko Washington yashyize igitutu ku ntumwa za Iran kugira ngo zemere gutangaza ko uyu muhora wongeye gufungurwa ku bw’ubwikorezi mpuzamahanga.
Iran kandi yaburiye ko niharamuka habaye ikindi gitero cyitwazwa ibibazo byo muri Hormuz, izasubiza yibasira ibirindiro by’ingabo z’igihugu izabona ko ari cyo kibyihishe inyuma.
Ibi bibaye nyuma y’uko Amerika yagabye ibitero kuri Iran ku wa Gatatu no ku wa Kane, ikavuga ko byakurikiye ibikorwa byo kwibasira amato atwara peteroli hafi y’Umuhora wa Hormuz.
Nubwo Iran itigeze yemera ko yabigizemo uruhare, yari yarabanje gutangaza ko amato yose anyura muri uwo muhora agomba kubanza gukurikiza amabwiriza yashyizweho na IRGC.
Umuhora wa Hormuz ni inzira y’ingenzi inyurwamo n’igice kinini cya peteroli icuruzwa ku isoko mpuzamahanga.
Gukomeza kuwufunga bishobora guhungabanya ubwikorezi bw’ibikomoka kuri peteroli, kuzamura ibiciro by’ingufu no kugira ingaruka ku bukungu bw’ibihugu byinshi.
Amagambo akakaye akomeje guhererekanywa hagati ya Tehran na Washington arushaho kongera impungenge z’uko umwuka mubi mu Burasirazuba bwo Hagati ushobora gukaza umurego no guteza ibindi bibazo by’umutekano.
rwandatribune.rw