Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko ikibazo gikomeye ku bijyanye n’inganda zikora ibinyobwa bisindisha zitubahiriza ubuziranenge atari igihombo abashoramari cyangwa abacuruzi bashobora kugira mu gihe izo nganda zifunze, ahubwo ko icyihutirwa ari kurengera ubuzima bw’abantu.
Ibi Perezida Kagame yabivuze mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, cyabereye Muri Kigali Convention ubwo yabazwaga ku ngamba zo gufunga inganda zikora ibinyobwa byagaragaye ko bishobora guteza ibibazo bikomeye ku buzima.
Mu gusubiza iki kibazo, Perezida Kagame yagaragaje ko abantu bakwiye kubanza kwibaza impamvu abantu bapfa cyangwa bakagira ibibazo bikomeye by’ubuzima biturutse ku binyobwa bitemewe cyangwa bitujuje ubuziranenge, aho kwibanda cyane ku ngaruka zo gufunga inganda zibikora.
Ati: “Abantu barapfa. Ese turashaka inganda n’abakozi bazikoramo, barahitanwa n’ibyo bakora?”
Perezida Kagame yavuze kandi ko ikibazo cy’ibinyobwa byangiza ubuzima kitareba gusa ibikorerwa mu Rwanda, kuko hari n’ibinyobwa biva hanze y’igihugu bishobora kugira ingaruka ku babinywa.
Yasobanuye ko ingaruka z’ibinyobwa bishobora kwigaragaza mu buryo butandukanye, kuko hari abo bishobora kwica ako kanya, abandi bikabagiraho ingaruka buhoro buhoro, ndetse hakaba n’abashobora kuba baramaze kubinywa ariko ingaruka zikazagaragara nyuma.
Mu ntangiriro z’uku kwezi, Rwanda FDA yafunze inganda nyinshi zikora ibinyobwa bisindisha nyuma y’ubugenzuzi bwagaragaje ko hari ibicuruzwa bitujuje ibisabwa. Amakuru yatangajwe icyo gihe yavugaga ko abantu barenga 50 bari bamaze gupfa, abarenga 100 bakagira ikibazo cyo kutabona, mu gihe abarenga 500 bari barivuje nyuma yo kunywa ibinyobwa byanduye.
“Igihugu kiyoborwa gite cyareka abantu bapfa kikarebera?”
Perezida Kagame yakomeje kwibaza ku nshingano z’igihugu mu gihe hari ibicuruzwa bishobora guteza urupfu bikomeje kugera ku baturage.
Yagaragaje ko igihugu kidashobora kurebera abantu bapfa kubera ibicuruzwa bishobora kugenzurwa, ngo kibanze ku gihombo abacuruzi cyangwa abashoramari bashobora kugira.
Mu magambo ye, ikibazo gikwiye kubazwa si “Kuki inganda zifungwa?”, ahubwo ni “Kuki abantu bapfa?”
Kuri Perezida Kagame, iyo umuntu ahisemo gukora cyangwa gucuruza ibinyuranyije n’amategeko, agomba kumenya ko azabibazwa n’inzego zibishinzwe.
Yavuze ko umuntu wese wifuza kurenga ku mategeko agomba kwitegura guhangana n’abayobozi n’inzego zishinzwe kuyubahiriza.
Ati: “Uwifuza kurenga ku mategeko azahangana n’ababishinzwe.”
Yongeyeho ko n’iyo uburyo abo bantu bafatwamo cyangwa ibihano bahabwa byaba ari ikibazo, ibyo bitagomba kuba impamvu yo guhagarika urugamba rwo kurengera ubuzima bw’abaturage.
Ku bwe, uburyo bwo guhana abica amategeko bushobora kunozwa, ariko ibyo ntibikwiye gutuma igihugu gisubira inyuma mu guhangana n’ibikorwa bishobora gutuma abantu bahasiga ubuzima.
Ubuzima bw’abaturage cyangwa inyungu z’inganda?
Iyi myumvire ya Perezida Kagame ishingiye ku kuba ibikorwa by’ubucuruzi bigomba gukorwa hubahirizwa amategeko n’umutekano w’ababikoresha.
Leta ivuga ko ibikorwa byo gufunga inganda no gukura ku isoko ibinyobwa biteje ikibazo bigamije kurinda ubuzima bw’abaturage, cyane cyane nyuma y’uko inzoga zitemewe cyangwa zakozwe mu buryo bunyuranyije n’amabwiriza zagiye zihuza n’impfu, ubuhumyi n’izindi ndwara zikomeye.
Ku rundi ruhande, ikibazo cy’igihombo cy’abashoramari, abakozi n’abacuruzi na cyo gikomeje kuba ingingo ikomeye mu biganiro ku ishyirwa mu bikorwa ry’izi ngamba.
Ariko Perezida Kagame ashimangira ko ibyo bibazo bitagomba gukoreshwa nk’impamvu yo kwirengagiza ikibazo cy’ibinyobwa bishobora guhitana ubuzima.
Ku bw’u Rwanda, ubutumwa Perezida Kagame yatanze burumvikana: mbere yo kwibaza impamvu uruganda rwafunzwe, hakwiye kubanza kubazwa impamvu ibicuruzwa byarwo byatumaga abantu bapfa.
Rwandatribune.rw