Papa Léon XIV yasabye umuryango mpuzamahanga kongera imbaraga mu guhangana n’icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), anasaba ko abaturage bo mu bice byibasiwe bagira uruhare rufatika mu ngamba zo gukumira no kurwanya iki cyorezo.
Mu butumwa yatanze ku Cyumweru tariki ya 23 Kanama 2026, nyuma y’isengesho rya Angelus, Papa Léon XIV yavuze ko ahangayikishijwe n’uburyo Ebola ikomeje gukwirakwira muri RDC ndetse n’umubare w’abantu imaze guhitana.
Yagize ati: “Mu masengesho yanjye, kenshi ntekereza kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane kubera ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola, ku bw’amahirwe make kikaba gikomeje guhitana abantu benshi.”
Mu butumwa yanyujije no kuri X, Papa Léon XIV yasabye amahanga kongera ibikorwa byo gufasha RDC guhangana n’iki cyorezo, ariko ashimangira ko abaturage bo mu bice byibasiwe bagomba kugira uruhare muri izo gahunda.
Yagize ati: “Nshishikariza umuryango mpuzamahanga kugira icyo ukora, unashyiramo abaturage bo mu bice byibasiwe mu bikorwa byo gukumira, kugira ngo ubuzima bw’abantu benshi bukizwe.”
Abantu barenga 2,500 bamaze guhitanwa na Ebola
Ihamagarwa rya Papa rije mu gihe inzego z’ubuzima muri RDC n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga bakomeje guhangayikishwa n’ubwiyongere bw’icyorezo.
Kuva Ebola yongeye kugaragara muri RDC muri Gicurasi 2026, inzego z’ubuzima zivuga ko abantu barenga 2,500 bamaze guhitanwa n’iyi ndwara.
Ebola imaze kugera mu ntara eshanu za RDC, bituma Guverinoma y’iki gihugu n’abafatanyabikorwa bayo bashyira imbaraga mu kongera ubushobozi bwo kuyikumira no kuyihashya.
Ku wa Kane tariki ya 20 Kanama, i Kinshasa hatangijwe gahunda yiswe “Fleuve Congo Sans Ebola”, igamije gukaza igenzura no guhangana na Ebola ndetse n’izindi ndwara zishobora guteza ibyorezo.
Iyi gahunda yibanda cyane ku gice cy’inzira y’amazi ihuza Kisangani, mu ntara ya Tshopo, na Kinshasa.
“Fleuve Congo Sans Ebola” iri gukorwa na Guverinoma ya RDC ku bufatanye n’imiryango mpuzamahanga irimo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), UNICEF, IOM, WFP na OCHA.
Inkingo 70,000 za Ebola zitegerejwe
Mu rwego rwo gufasha guhangana n’ikwirakwira rya Ebola, OMS yatangaje ko RDC izahabwa dose 70,000 z’urukingo rwa Ervebo.
Muri izi dose, 20,000 zizakoreshwa mu igeragezwa ry’ubushakashatsi riri ku rwego rwo hejuru, rigamije kureba niba urukingo rwa Ervebo rushobora gutanga ubwirinzi ku bwoko bwa Ebola buzwi nka Bundibugyo, ari na bwo bwoko butera icyorezo kiriho ubu.
Izindi dose 50,000 zizahabwa abakozi bo mu nzego z’ubuzima n’abandi bakozi bari ku murongo wa mbere mu kurwanya Ebola, cyane cyane abashobora guhura n’iki cyorezo mu kazi kabo.
Kugeza ubu, nta rukingo cyangwa umuti byemejwe ku mugaragaro nk’ibirinda cyangwa bivura ubu bwoko bwa Ebola bwa Bundibugyo.
Gusa ubushakashatsi bwakorewe muri laboratwari bwerekana ko urukingo rwa Ervebo rushobora kugira uruhare mu gutanga ubwirinzi kuri ubu bwoko bw’iyi virusi.
Rwandatribune.rw