Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Ndabamenye Telesphore, yavuze ko u Rwanda rudashobora kugera ku musaruro ushimishije mu buhinzi n’ubworozi hatabayeho guhanga udushya, gukoresha ikoranabuhanga no gukomeza ubufatanye hagati ya Leta, abikorera n’abahinzi.
Yabitangaje ku wa Kane tariki ya 23 Nyakanga 2026, ubwo yafunguraga ku mugaragaro Imurikabikorwa ry’Ubuhinzi n’Ubworozi ribaye ku nshuro ya 19 ku Mulindi mu Karere ka Gasabo, ryahuje abamurika ibikorwa bisaga 600 baturutse mu nzego zitandukanye.
Insanganyamatsiko y’iri murikabikorwa igira iti: “Twihutishe ivugurura ry’ubuhinzi n’ubworozi binyuze mu guhanga ibishya n’ubufatanye.”
Dr. Ndabamenye yavuze ko imihindagurikire y’ibihe hamwe n’izamuka ry’ibiciro by’inyongeramusaruro bikomeje gushyira igitutu ku buhinzi n’ubworozi, bityo hakaba hakenewe ibisubizo bishingiye ku bushakashatsi, ikoranabuhanga no guhanga udushya.
Yagaragaje ko uru rwego rukomeje kugira uruhare runini mu bukungu bw’u Rwanda, aho rutanga hafi 19% by’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu (GDP), mu gihe hafi 70% by’inganda zo mu gihugu zitunganya ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi.
Minisitiri yavuze ko Guverinoma izakomeza gushyigikira abahinzi n’aborozi binyuze muri gahunda zitandukanye zirimo ubwishingizi “Tekana Urishingiwe Muhinzi-Mworozi”, bugamije kubafasha guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe no kugabanya ibihombo.
Mu ruhande rw’abikorera, Umuyobozi Mukuru wa KT HUB, Kabahizi Theoneste, yavuze ko ikigo ayoboye gifasha guteza imbere imbuto z’indobanure, icyororo gitanga umukamo mwinshi ndetse n’ikoranabuhanga ryo kuhira hakoreshejwe ingufu z’izuba.
Yongeyeho ko ibyo bikorwa bifasha kongera umusaruro, guhanga imirimo mishya no guteza imbere urubyiruko, ari na byo bifasha urwego rw’ubuhinzi kurushaho guhangana n’ibibazo biterwa n’imihindagurikire y’ibihe.
Mu bamuritse ibikorwa, Agronome Manariyo Victor wo mu Ishyirahamwe Ingabo Farms Association yerekanye tekiniki nshya yo guhinga imyumbati ishobora gutuma igiti kimwe cyera hagati ya kilogarama 50 na 70.
Yasobanuye ko iyo tekiniki ishingiye ku gutegura ikiroba cya metero ebyiri kuri ebyiri, kigashyirwamo ibyatsi, ifumbire n’itaka, bikabika amazi kandi bikongera uburumbuke bw’ubutaka, bikazamura umusaruro ku rwego rugaragara.
Imurikabikorwa ry’Ubuhinzi n’Ubworozi ry’uyu mwaka ryitezweho gufasha abahinzi, aborozi, abashakashatsi n’abikorera kungurana ubumenyi, kumurika udushya no gushaka ibisubizo birambye byo guteza imbere uru rwego rufatwa nk’inkingi y’iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda.
Rwandatribune.rw