Ku wa Kane habaye ikiganiro rusange (town hall meeting) cyahuje abakandida batandatu bahatanira kuyobora Umuryango w’Abibumbye (Loni), kibaha amahirwe yo kwisobanura imbere y’abaturage bo hirya no hino ku Isi.
Iki kiganiro cyateguwe na Perezida w’Inteko Rusange ya Loni, Annalena Baerbock, ku bufatanye n’ikigo cy’itangazamakuru Bloomberg, kikaba cyanyujijwe imbonankubone kuri UN Web TV no ku mbuga za Bloomberg.
Mu ijambo rifungura, Baerbock yavuze ko iki ari intambwe ikomeye mu guhitamo Umunyamabanga Mukuru mushya wa Loni.
Yagize ati: “Uyu munsi ni intambwe y’ingenzi mu guhitamo Umunyamabanga Mukuru mushya wa Loni, umwe mu myanya igoye cyane ariko nanone y’icyubahiro gikomeye ku Isi.”
Yakomeje avuga ko uzatoranywa atazaba gusa isura ya Loni, ahubwo azaba n’umurinzi w’amahame ayigenga, arimo kubungabunga amahoro n’umutekano, guteza imbere iterambere rirambye no kurengera uburenganzira bwa muntu, mu gihe Isi ihanganye n’ibibazo bikomeye ariko inafite amahirwe mashya.
Abakandida bitabiriye iki kiganiro ni:
Michelle Bachelet, wahoze ari Perezida wa Chile ndetse anayobora Ishami rya Loni ryita ku Burenganzira bwa Muntu;
Maria Fernanda Espinosa, wahoze ayobora Inteko Rusange ya Loni ndetse akaba yarabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’uw’Ingabo muri Ecuador;
Rafael Mariano Grossi wo muri Argentine, uyobora Ikigo Mpuzamahanga Gishinzwe Ingufu za Kirimbuzi (IAEA);
Rebeca Grynspan, wahoze ari Visi Perezida wa Costa Rica;
Carolyn Rodrigues Birkett, uhagarariye Guyana muri Loni;
Macky Sall, wahoze ari Perezida wa Sénégal.
Aba bakandida basubije ibibazo byabajijwe n’abayoboye ikiganiro ba Bloomberg ndetse n’abari bagikurikiye.
Mu gusoza, buri mukandida yasobanuye ibyo azashyira imbere mu minsi 100 ya mbere naramuka atorewe kuyobora Loni.
Umunyamabanga Mukuru wa Loni uriho ubu, António Guterres, manda ye izarangira mu mpera za 2026, naho uzamusimbura azatangira inshingano ku wa 1 Mutarama 2027.
Rwandatribune.rw