Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangiye ibikorwa bya dipolomasi bigamije gushaka inkunga mpuzamahanga kuri gahunda yo gusenya umutwe wa FDLR, mu gihe ibikorwa bya gisirikare byo kuwurwanya bitaragera ku musaruro wari witezwe.
Jeune Afrique dukesha iyi nkuru ivuga ko Minisitiri ushinzwe Ubufatanye n’Ubwiyunge bw’Akarere muri RDC, Floribert Anzuluni, amaze ibyumweru bibiri ari mu ruzinduko rwa dipolomasi rwamugejeje muri Uganda, Togo, u Burundi, Tanzania, u Bubiligi n’u Bufaransa.
Iki kinyamakuru kivuga ko nubwo ku mugaragaro uru ruzinduko rwibanze ku biganiro ku mutekano muke uri mu burasirazuba bwa RDC, hari indi ntego ikomeye iri inyuma yarwo: gushaka ko abafatanyabikorwa ba Kinshasa bashyigikira umushinga w’amasezerano agamije kwambura intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe abarwanyi ba FDLR.
FDLR (Forces Démocratiques de Libération du Rwanda) ni umutwe witwaje intwaro ukorera mu burasirazuba bwa RDC, washinzwe n’abahoze mu ngabo z’u Rwanda n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bahungiye muri icyo gihe cyari Zaïre.
U Rwanda rumaze igihe rugaragaza ko uyu mutwe ukomeje kuba ikibazo gikomeye ku mutekano warwo, ndetse ko kuba ugikorera ku butaka bwa RDC ari imwe mu mpamvu zitera umwuka mubi hagati ya Kigali na Kinshasa.
Abasesenguzi mu by’umutekano wo mu karere bavuga ko iyi ntambwe ya Kinshasa ishobora kuba igaragaza ko ikibazo cya FDLR kiri kugenda gihinduka kimwe mu bibazo by’ingenzi mu biganiro bigamije gushaka amahoro arambye mu burasirazuba bwa RDC.
Bavuga ko kuba Guverinoma ya RDC ishaka ko iki kibazo kijyanwa ku rwego mpuzamahanga bishobora gufasha kubona uburyo bwo kugenzura no gukurikirana gahunda yo kwambura intwaro uyu mutwe.
Aba basesenguzi ariko bagaragaza ko intambwe izaba ikomeye atari ugushyiraho gusa gahunda ya politiki, ahubwo ari ukugira ubushake bwo kuyishyira mu bikorwa ku butaka, kuko FDLR imaze imyaka myinshi ikorera mu bice bitandukanye by’uburasirazuba bwa RDC.
Bavuga kandi ko umuti urambye uzasaba gukemura impamvu zitera imitwe yitwaje intwaro gukomeza kubaho, harimo ibibazo by’umutekano, imiyoborere n’ubushyamirane bwa politiki mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Iyi gahunda ije mu gihe RDC n’u Rwanda biri mu nzira zo gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro agamije kugabanya amakimbirane mu karere. Mu ngingo z’ingenzi ziganirwaho harimo n’ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa RDC, harimo na FDLR.
Nubwo hakiri ibibazo ku buryo gahunda yo gusenya FDLR izashyirwa mu bikorwa ndetse n’uko abarwanyi bayo bazabyakira, intambwe ya Kinshasa yo kujya gushaka inkunga mu mahanga igaragaza ko ishaka ko ikibazo cy’uyu mutwe gikemurwa binyuze mu nzira za dipolomasi, politiki n’umutekano.
Rwandatribune.rw