Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko Iran izabazwa ibitero byose by’aba-Houthis nibongera kwibasira amato y’ubucuruzi mu Nyanja Itukura (Red Sea), nyuma y’uko iri tsinda ryemeye ko ryagabye ibitero ku mato abiri ya Saudi Arabia.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Truth Social, Trump yavuze ko hashize umwaka Amerika igabye ibitero bikomeye ku ba-Houthis kubera kwibasira ubucuruzi bwo mu nyanja. Yongeyeho ko muri icyo gihe ndetse no mu ntambara yabaye hagati ya Amerika na Iran, aba-Houthis bari barahagaritse ibyo bitero, ariko ko ubu bongeye kubisubukura.
Trump yagize ati: “Nibongera kubikora, Amerika izafata Iran nk’ifite uruhare kuko aba-Houthis ari intumwa (proxy) zayo, kandi Iran ndetse n’aba-Houthis bazahanishwa ibihano bikomeye bya gisirikare.”
Iri tangazo rije nyuma y’uko aba-Houthis batangaje ko bateye amato abiri atwara peteroli ya Saudi Arabia, Encelia na Layla, bakoresheje missiles na drones. Ibyo bitero byatumye impungenge z’umutekano w’ubucuruzi bwo mu Nyanja Itukura ziyongera, ndetse n’ibiciro bya peteroli ku isoko mpuzamahanga birazamuka bikarenga amadolari 100 ku ngobyi (barrel).
Reuters yatangaje ko ibi bitero bishobora gukomeza gukaza umurego w’intambara imaze iminsi hagati ya Amerika na Iran, mu gihe Washington ishinja Tehran gutera inkunga no guha intwaro aba-Houthis, nubwo Iran yakunze guhakana kugira uruhare rutaziguye muri bimwe mu bitero byabo.
Amagambo ya Trump yatumye impungenge z’uko hashobora kubaho indi ntambara yagutse mu Burasirazuba bwo Hagati ziyongera, mu gihe ubuhahirane mpuzamahanga bukomeje guhungabanywa n’umutekano muke mu nzira z’ingenzi zikoreshwa n’amato atwara ibikomoka kuri peteroli.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw