Uganda n’u Burundi biri mu bihugu bya Afurika biri kureba uko byagira uruhare mu butumwa mpuzamahanga bushobora koherezwa mu Ntara ya Gaza, mu rwego rwo gushyigikira gahunda yo guhagarika imirwano no kongera kubaka aka gace ko muri Palestine.
Mu cyumweru gishize, intumwa z’abasirikare bakuru b’ibi bihugu byombi zagiriye uruzinduko muri Israel, aho zagiranye ibiganiro byibanze ku buryo ibihugu byazo byakwitabira gahunda y’ubutumwa bw’amahoro buteganyijwe muri Gaza.
Iyi gahunda iri mu murongo wa gahunda ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, igamije gushaka uburyo imirwano yahagarara, hakabaho umutekano ndetse hakatangira ibikorwa byo gusana no guteza imbere Gaza.
Amakuru yatangajwe n’umuyobozi wo muri “Board of Peace”, urwego rufite uruhare mu kuyobora iyi gahunda, avuga ko Uganda igeze ku cyiciro cyo gutegura kohereza abasirikare, nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko y’igihugu yemeye ko kigira uruhare muri ubu butumwa.
Uganda ishobora kohereza abasirikare bagera ku 1,200, mu gihe ibiganiro n’imyiteguro byakomeza kugenda neza. Iki gihugu gisanzwe gifite uburambe mu butumwa mpuzamahanga bwo kubungabunga amahoro mu bice bitandukanye bya Afurika.
Ku ruhande rw’u Burundi, umusirikare wo ku rwego rwo hejuru yavuze ko itsinda ry’abasirikare batatu bakuru ari ryo ryagiye muri Israel. Yemeje ko Bujumbura ishaka kugira uruhare muri gahunda ya Gaza, ariko avuga ko imyiteguro y’u Burundi ikiri ku ntambwe zo hambere.
Nubwo Uganda n’u Burundi byatangiye ibiganiro, haracyari ibibazo bitandukanye bitarasobanuka, birimo inshingano nyazo abasirikare babyo bazahabwa ndetse n’uburyo ubutumwa bwose buzashyirwa mu bikorwa.
Si ibi bihugu byombi gusa byagaragaje ubushake bwo kugira uruhare muri ubu butumwa. Maroc, Kosovo, Kazakhstan na Albania na byo biri mu bihugu bivugwa ko bishobora gutanga abasirikare.
Muri rusange, hateganyijwe ubutumwa bushobora kuba bugizwe n’abasirikare bagera ku 20,000. Bazaba bayobowe na General Major Jasper Jeffers wo muri Amerika.
Abasirikare bazoherezwa muri Gaza bazaba bafite inshingano zirimo gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge hagati ya Israel na Hamas, gufasha mu guhugura inzego z’umutekano z’Abanya-Palestine ndetse no gufasha ko imfashanyo zigera ku baturage bazikeneye.
Gusa, kohereza izi ngabo ntibiratangira.
Kugeza ubu haracyari mu cyiciro cy’imyiteguro, mu gihe ibiganiro bigamije kugera ku ihagarikwa rirambye ry’imirwano hagati ya Israel na Hamas bikomeje.
Rwandatribune.rw