Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kugaragaza amasezerano y’ubufatanye mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yagiranye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’intambwe ikomeye izafasha igihugu gukurura ishoramari no kongera agaciro ku mutungo kamere, bamwe mu basesenguzi batangiye kwibaza niba ibyo byari byitezwe bizagerwaho.
Mu isesengura ryasohowe na Jeune Afrique, umunyamakuru François Misser agaragaza ko nyuma y’amezi menshi ayo masezerano atangajwe, ibimenyetso by’ishoramari rikomeye byari byitezwe bitaragaragara. Ahubwo, impungenge ku mutekano mucye mu burasirazuba bwa RDC, ibibazo by’imiyoborere n’ihangana ry’ibihugu bikomeye ku mabuye y’agaciro bikomeje gutuma gahunda igenda buhoro.
Nk’uko iryo sesengura ribivuga, ubuyobozi bwa Perezida Félix Tshisekedi bwari bwizeye ko ubufatanye na Washington buzafasha RDC kugabanya kwishingikiriza ku Bushinwa, busanzwe bugenzura igice kinini cy’ubucukuzi bwa cobalt na copper muri icyo gihugu. Gusa kugeza ubu, nta mishinga minini y’Abanyamerika iratangira ku rwego rwari rwitezwe.
Abasesenguzi bavuga ko nubwo Amerika ifite inyungu mu kubona amabuye akenerwa mu nganda z’ikoranabuhanga n’iz’imodoka zikoresha amashanyarazi, abashoramari bayo bakomeje kugira impungenge zishingiye ku mutekano, amategeko n’icyizere cy’ubucuruzi muri RDC.
Iyi nkuru kandi igaragaza ko ubutegetsi bwa Kinshasa bushobora kuba bwarashyize icyizere kinini muri aya masezerano, nyamara ishoramari mpuzamahanga risaba mbere na mbere umutekano urambye, imiyoborere inoze n’ubutabera bwizewe mbere yo gushora miliyari z’amadolari.
Iri sesengura rije mu gihe RDC ikomeje gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro yasinywe i Washington, aho ubufatanye mu by’ubukungu n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bufatwa nk’imwe mu nkingi zigomba gushyigikira amahoro arambye mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Nubwo ubuyobozi bwa RDC bukomeje kwizeza abaturage ko aya masezerano azatanga umusaruro mu gihe kiri imbere, bamwe mu basesenguzi bemeza ko inzira ikiri ndende, kandi ko ibyari byitezwe bishobora kutagerwaho vuba nk’uko byari byaratangajwe.
Rwandatribune.rw