Nyuma Yuko Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti FDA gifunze Inganda Zikora inzoga byagaragaye ko ziri kwangiriza ubuzima bw’abanyarwanda ubu hakurikiyeho gukurikirana ba Nyiri izo nganda.
Nyiri uruganda INGUFU GIN Ntihanuwayo Sammuel Yatawe Muri Yombi
Amakuru Rwandatribune yabonye n’uko Bwana Ntihanuwayo Sammuel yatawe muri yombi mu ma saa cyenda zo kuri uyu wa gatatu taliki 05 Kanama 2026 akaba yafatanywe n’abandi bayobozi b’uru uruganda.
Abasesenguzi bavuga ko itabwa muri yombi rye ryaba rifitanye isano n’igenzura ryakorewe mu ruganda rwe n’ Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA).
Ikigo FDA cyatangaje ko cyafunze inganda nyinshi zikora ibinyobwa bisembuye, zirimo Ingufu Gin Ltd na NBG Ltd, nyuma y’ubugenzuzi n’isuzuma ry’uko ibikorwa byazo byubahiriza ibisabwa n’amabwiriza agenga uru rwego.
Mu itangazo Rwanda FDA yasohoye kuri uyu wa 3 Kanama 2026, yavuze ko nyuma y’ubugenzuzi n’isuzuma ry’uburyo abakora, abakwirakwiza ndetse n’abacuruza ibinyobwa bisembuye bakurikiza amabwiriza, yafashe ingamba zirimo gufunga inganda ziri ku rutonde rwatangajwe no gukuraho impushya zo gukora izo nganda zari zarahawe.
Iki kigo cyategetse ko ibicuruzwa byose byakorewe muri izo nganda bihita bikurwa ku isoko, ndetse gisaba abakora ibyo bicuruzwa gutangira gahunda yo kubikura ku isoko.
Mu nganda zafunzwe harimo Ingufu Gin Ltd, ikora ibinyobwa bisembuye birimo Red Waragi, Rabiant Gin, Ngufu Gin, King’s Vodka, Royal Castle Gin, Medal Gin, G&S Rum, New House Potable Spirit, Club Potable Spirit na Hometown Potable Spirit.
Rwandatribune.rw, twashatse kumenya icyo urwego rw’ubugenzacyaha RIB rubivugaho twandikiye Umuvugizi wa RIB Dr.Murangira B Thiery, ntitwabona igisubizo kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru kugeza ubu ntarwego rwigenga ruremeza aya makuru .
ICYITEGETSE Florentine
Rwandaribune.rw