
Hagombaga gukosorwa amakosa yakozwe na ba nyiringanda ariko ubuzima bugakomeza ku nyugu za bose ba nyiringanda n’abaturage ba Leta batanga imisoro ndetse n’abazinywa n’abo n’abaturage ba Leta,naho Leta n’umubyeyi wa bose
Icyemezo cya Leta y’u Rwanda cyo gufunga inganda zirenga 109 zikora inzoga zitujuje ubuziranenge cyakiriwe na benshi nk’intambwe ikomeye igamije kurengera ubuzima bw’abaturage. Ni icyemezo gishingiye ku nshingano za Leta zo kurinda ubuzima rusange no kubahiriza amategeko agenga ubuziranenge bw’ibicuruzwa.
Ariko nk’uko bikunze kugenda ku byemezo bikomeye by’ubukungu, hari ikindi kibazo kiri kwibazwa: ni izihe ngaruka iki cyemezo gishobora kugira ku ishoramari, ku mirimo, ku mabanki no ku bucuruzi bw’u Rwanda mu karere?
Abashoramari bari mu gihirahiro
Kubaka uruganda ntibikorwa mu ijoro rimwe. Bisaba igishoro kinini, ibyangombwa, imashini n’abakozi. Hari ba rwiyemezamirimo benshi bashoye miliyoni cyangwa miliyari z’amafaranga, bamwe bafashijwe n’inguzanyo za banki.
Iyo uruganda ruhagaze rutunguranye, amafaranga rwagombaga kwinjiza arahagarara, nyamara inshingano zo kwishyura amadeni zikomeza. Niba ibikorwa bidasubukuwe vuba cyangwa ba nyir’inganda batabonye uburyo bwo kuvugurura ibikorwa byabo, bamwe bashobora kunanirwa kwishyura inguzanyo.
Ibi bishobora no kugira ingaruka ku mabanki, cyane cyane ku nguzanyo zishobora kudasubizwa ku gihe.
Ubuzima bw’abakozi bakoraga muri izo nganda nabo bri mu kaga
Inganda zifunze ntabwo zakorwagamo na ba nyirazo gusa, zari zitunze abantu benshi: abakora mu nganda, abatwara ibicuruzwa, abazicuruza, abakora isuku, abacunga ububiko n’abatanga ibikoresho fatizo,benshi muribo hari abagiye bafata amadeni muri za Banki bisunze imirimo yabinjirizaga inyugu.
Iyo uruganda rufunze, bamwe bahita babura akazi, abandi bagashyirwa mu kiruhuko kidafite umushahara cyangwa bakagabanyirizwa amafaranga. Ingaruka z’ibi zigera no ku miryango yabo ndetse no ku bukungu bw’uturere izo nganda zakoreragamo.
Ingaruka ku bahinzi n’abatanga ibikoresho
Hari urunigi rwose rw’ubucuruzi rushingiye ku nganda zikora inzoga. Abahinzi b’ibigori, amasaka, imbuto n’ibindi bikoresho byifashishwa mu nganda bashobora kubura isoko ry’ibyo bejeje.
Ibi bishobora kugabanya umusaruro w’ubuhinzi no kugabanya amafaranga yinjiraga mu baturage bo mu cyaro.
Ese ubucuruzi bwa EAC bushobora kugira ingaruka?
U Rwanda ni umwe mu banyamuryango b’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ugamije koroshya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa.
Hari inzoga nyinshi zinjizwaga mu Rwanda ziturutse muri Uganda, Tanzania n’ibindi bihugu byo mu karere. Iyo isoko ry’u Rwanda rigabanutse kubera amabwiriza mashya dore ko hari inzoga nyinshi zaturukaga muri ibyo bihugu by’ibinyamuryango ,aha twavuga nk’inzoga yitwa Kiwingu za Konyagi zavaga Tanzania izavaga Uganda na kenya n’ahandi ,haribazwa niba ibyo bihugu bidashobora kwihorera ku bicuruzwa biva mu Rwanda byoherezwa yo.
Ariko nta bimenyetso bihari byerekana ko ibyo bihugu byafata icyemezo cyo gufatira u Rwanda ingamba zo kwihimura ku bicuruzwa byarwo, mu rwego rwa EAC, amakimbirane y’ubucuruzi asanzwe akemurwa binyuze mu biganiro no mu nzego zashyiriweho kubikemura, aho gufata ibyemezo byo kwihorera.
Ariko se ubuzima bwo si bwo bwa mbere?
Abashyigikiye iki cyemezo bavuga ko nta bukungu buramba mu gihe ubuzima bw’abaturage buri mu kaga,inzoga zitujuje ubuziranenge zishobora guteza uburwayi bukomeye, ubumuga cyangwa urupfu, bityo kurwanya izo ngaruka bikaba ari inshingano ya Leta.
Ikibazo si uguhitamo hagati y’ubuzima n’ubukungu, ahubwo ni uburyo byombi byarengerwa icyarimwe.
Ni iki cyakorwa?
Abasesenguzi bavuga ko inzira irambye ishobora kuba iyo guha inganda zifite ubushake amahirwe yo gukosora ibitagenda neza no kuzuza ibisabwa aho kuzifunga burundu, igihe amategeko abyemerera.
Banki na zo zishobora kuganira n’abakiliya bazo bafite ibibazo byatewe n’iki cyemezo, hakarebwa uburyo bwo kuvugurura gahunda yo kwishyura amadeni.
Ku bakozi, hashobora gutekerezwa uburyo bwo kubafasha kubona indi mirimo cyangwa amahugurwa, mu gihe abahinzi na bo bashakirwa amasoko mashya.
Kurengera ubuzima bw’abaturage ni inshingano idashidikanywaho ya Leta. Ariko kandi, kurinda icyizere cy’abashoramari, imirimo n’ihungabana ry’ubukungu na byo ni ingenzi.
Ikibazo rero si niba inganda zagombaga kugenzurwa cyangwa guhanwa, ahubwo ni uko icyo gikorwa cyakorwa ku buryo ubuzima bw’abaturage burindwa, ariko n’ubukungu ntibusigare inyuma.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw