Friday, 21 Aug 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Musenyeri Sinayobwe Yasabye Urubyiruko Kugira Inyota yo Kumenya Imana no Kwirinda Inzoga
Meteo Rwanda Iteganya Imvura Nyinshi Mu Muhindo wa 2026
RDC: OMS Yatanze Inkingo 70,000 mu Guhangana n’Icyorezo cya Ebola
Bujumbura:Inkongi Ikomeye Yibasiye Galerie Ndayizamba na Le Parisien i Bujumbura, Ubwo Ndayishimiye Yari i Kinshasa
Kuki Saudi Arabia Ibona Sudani nk’Urufunguzo rw’Umutekano w’Inyanja Itukura?
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > AMAKURU > BPR Bank na Fortis Green Housing Bafatanyije Korohereza Abanyarwanda Gutunga Inzu i Masaka
AMAKURU

BPR Bank na Fortis Green Housing Bafatanyije Korohereza Abanyarwanda Gutunga Inzu i Masaka

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: August 19, 2026 8:04 am
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

BPR Bank Rwanda Plc yagiranye ubufatanye na Fortis Green Housing, ikigo cy’Abanyamerika cyihariye mu bwubatsi, mu rwego rwo korohereza Abanyarwanda kubona inguzanyo zo kugura cyangwa kubaka inzu muri Masaka Views Eco Estate, umushinga w’imiturire uri kubakwa mu Karere ka Kicukiro.

Ubu bufatanye bwatangijwe ku wa 13 Kanama 2026, ubwo abayobozi ba BPR Bank Rwanda Plc basuraga ahari kubakwa uyu mudugudu w’icyitegererezo.

Masaka Views Eco Estate iri i Masaka, ikazaba igizwe n’inyubako z’amacumbi zirimo apartments 302, zifite inzu z’icyumba kimwe kugeza kuri bitatu. Hazanabamo family houses 51 ndetse na townhouses 33.

Inguzanyo zizafasha abashaka gutura muri Masaka Views
BPR Bank Rwanda Plc yashyizeho uburyo bwo gufasha abifuza gutunga inzu muri uyu mushinga kubona inguzanyo zo kugura cyangwa kubaka, bakazishyura mu gihe runaka aho kuba ngombwa ko bagira amafaranga yose yo kwishyura inzu ako kanya.

Abakiliya bazanahabwa ubujyanama ku bwoko bw’inguzanyo bubakwiriye, bitewe n’inzu bahisemo ndetse n’icyiciro umushinga ugezeho. Ku muntu uhisemo inzu ikiri kubakwa, banki izamufasha kuyikurikirana kugeza irangiye.

Ubu bufatanye kandi bugamije gufasha abashaka gutura muri uyu mudugudu gufata ibyemezo hakiri kare, kuko umubare w’inzu ziwugize ari muto ugereranyije n’abashobora kuzifuza.

BPR ivuga ko ishaka korohereza Abanyarwanda gutunga inzu

Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc, Patience Mutesi, yavuze ko kubona amafaranga mu buryo bworoshye kandi bujyanye n’ubushobozi bw’umukiliya ari ingenzi mu gufasha abantu kugera ku nzozi zo gutunga inzu.

Yagize ati: “Ubufatanye bwacu na Fortis Green Housing buzadufasha gutanga ibisubizo by’imari bihuye n’ibyo abakiliya bakeneye mu byiciro bitandukanye uyu mushinga urimo.”

Yongeyeho ko guhuza uburyo bworoshye bwo gutera inkunga abagura inzu n’imishinga y’imiturire igezweho kandi irambye bizongera amahirwe y’Abanyarwanda yo gushora imari mu miturire ijyanye n’ibyo bifuza.

Masaka Views Eco Estate yatangiye kubakwa mu 2025. Inzu ziri muri uyu mushinga ziri kugurishwa ku biciro biri hagati ya miliyoni 103 Frw na miliyoni 235 Frw, bitewe n’ubwoko n’ubunini bw’inzu.

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Amerika Yafatiye Ibihano Perezida w’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga n’Umushinjacyaha Ukurikirana Ibirego Birebana na Gaza
Next Article Umuyobozi w’Umudugudu Yeguye Nyuma yo Gufatanwa Inzoga Zitujuje Ubuziranenge
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKEUMUTEKANO

Igitutu Gishya Ku Biganiro By’Amahoro:Loni Yongereye Ibihano Kuri RDC Kugeza 2027

By
ICYITEGETSE Florentine
MU MAHANGAAMAKURUUMUTEKANO

Loni Yafatiye Ibihano Bishya Nangaa n’Abayobozi Ba M23, FDLR, Twirwaneho na ADF

By
ICYITEGETSE Florentine
UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGA

FARDC Zatangaje Ko Zafashe Umuyobozi Wa Mobondo “Odon” n’Abarinzi Be Barindwi

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEAMAKURUUMUTEKANO

Abasenateri ba Amerika Basabye Washington Kongera Imbaraga Mu Gushakira Amahoro RDC n’u Rwanda

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?