Thursday, 20 Aug 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Abadepite 54 bo muri Amerika basabye Trump kurushaho gusobanura amasezerano ya RDC ku mabuye y’agaciro
Fizi: Igitero Cya Drones Cyibasiye Hotel Mwalu, Abantu 2 Barakomereka
Rulindo:Litiro 26,000 z’Urwagwa rw’Akarusho Zamenwe Nyuma y’Ubugenzuzi
RDC: Guverinoma Yashyizeho Amasomo Akoreshwa n’Ikoranabuhanga mu Duce 18 Turi mu Byago bya Ebola
Burundi: Ubucuruzi Butemewe Bw’Intwaro, Urwitwazo Rushya Rwo Rukurikirana Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi?
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > AMAKURU > Inzoga z’Uburozi Zahitanye 50 Mu Mezi Atandatu, Leta Izifata Nk’Icyorezo”
AMAKURU

Inzoga z’Uburozi Zahitanye 50 Mu Mezi Atandatu, Leta Izifata Nk’Icyorezo”

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: August 3, 2026 5:07 pm
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yavuze ko ikibazo cy’inzoga zitujuje ubuziranenge gikomeje guteza impungenge mu Rwanda, nyuma y’uko mu mezi atandatu ya mbere ya 2026 abantu barenga 500 bajyanywe kwa muganga bazize ibibazo byatewe n’izo nzoga, aho 50 muri bo batakaje ubuzima.

Ibi byatangajwe mu gihe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa, Rwanda FDA, cyafashe icyemezo cyo guhagarika ibikorwa by’inganda umunani zikora inzoga, nyuma y’ubugenzuzi bwagaragaje ko hari ibitagenda neza mu kubahiriza amabwiriza agenga ikorwa ry’ibinyobwa bisembuye.

Rwanda FDA yatangaje ko izo nganda zahagaritswe ndetse n’ibicuruzwa byazo bigakurwa ku isoko mu rwego rwo kurinda ubuzima bw’abaturage no gukomeza gukumira ibicuruzwa bishobora guteza ibibazo ku buzima.

Mu kiganiro yagiranye na RBA, Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko ikibazo cy’inzoga zitujuje ubuziranenge gikwiye gufatwa nk’icyorezo kubera umubare w’abantu gikomeje kugiraho ingaruka.

Yagize ati: “Twe tubona ari icyorezo mu bindi kuko dushingira ku mibare dufite. Kuva uyu mwaka watangira, mu mavuriro hirya no hino mu gihugu twakiriye abantu barenga 500 baje kwivuza kubera inzoga n’ibinyobwa nk’ibyo. Hari abaje i Ngoma barenga 100, abandi muri Nyagatare ndetse no mu Majyepfo.”

Minisitiri w’Ubuzima yavuze ko muri abo barwayi harimo abatakaje ubuzima, ndetse hari n’abandi bapfuye bataragera ku bitaro. Yemeje ko kugeza ubu hamaze kubarurwa abantu bagera kuri 50 bazize izi nzoga.

Yongeyeho ko hari n’abandi bagize ubumuga bukomeye burimo guhuma amaso burundu, indwara z’ubwonko z’igihe kirekire ndetse n’ibibazo by’umwijima.

Dr. Nsanzimana yavuze ko ikibazo cyagiye gikura uko iminsi yagiye ishira, cyane cyane kubera ikoreshwa ry’inzoga zifite ingano nyinshi ya alcool ndetse n’izongerwamo ibindi binyabutabire bitazwi.

Ati: “Twari tuzi urwagwa n’ikigage bisanzwe, ariko haje inzoga zifite dogere za alcool 40 cyangwa 50 umuturage atigeze abona mu buzima bwe, akazinywa atazi ingaruka zazo. Ni icyorezo mu bindi tugomba kurwanya nk’uko turwanya ibindi byorezo.”

Yagaragaje kandi ko hari bamwe bashinga inganda zemewe zigamije gukora ibinyobwa byujuje ubuziranenge, ariko nyuma hakabamo abongeramo ibindi binyabutabire cyangwa bagahindura uburyo bwo kubikora mu buryo butemewe, bikaba byagira ingaruka ku buzima bw’ababinywa.

Minisitiri w’Ubuzima yasabye ko hakomeza gukorwa ubukangurambaga no gukaza igenzura kugira ngo abaturage barindwe ibicuruzwa bishobora kubangamira ubuzima bwabo.

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Col Pacifique Kabanda: Insinzi ya USALAMA Ntigomba Gupimirwa Ku Mubare w’Abafashwe Husa
Next Article Rwanda FDA Yafunze Izindi Nganda 101, Inzoga zakozwe N’Impushya Zabyo Ziteshwa Agaciroa
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

uBurundi bugiye kurimbuka nka Nineve:Padiri Sadiki Kenemana

By
Mwizerwa Ally
UMUTEKANOAMAKURU

Col Pacifique Kabanda: Insinzi ya USALAMA Ntigomba Gupimirwa Ku Mubare w’Abafashwe Husa

By
ICYITEGETSE Florentine
UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGA

U Burusiya: Ukraine Yongeye Kwibasira Ububiko Bwa Sosiyete Ikomeye Cyane Icuruza Ibintu Kuri Interineti ya Wildberries

By
ICYITEGETSE Florentine
MU MAHANGAAMAKURU

Burundi:Haravugwa Radiyo Nshya i Ngozi Ishinjwa Gukwirakwiza Amacakubiri

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?